Umuyobozi w’Akarere ka Mbale muri Uganda, Bernard Mujasi Masaka kuri uyu wa 19 Werurwe 2020 yasabye Perezida Museveni kumutumira kugira ngo amumenere amabanga yose ya Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.
Mu muhango wo gufungura agace kahariwe inganda ka Sino muri aka karere ni ho uyu muyobozi yahaye ubu busabe Museveni, ati: “Nyakubahwa Perezida, ndagusaba ko wanyemerera tugahura twembi maze nkakumenera amabanga ya Bobi Wine mu matora.”
Nile Post ivuga ko Museveni wari umushyitsi mukuru, yafashe ijambo ariko ntiyasubiza ubutumwa bwa Masaka. Uyu Mukuru w’Igihugu yahise akomeza ku birebana n’iterambere ry’inganda mu gihugu.
Hari amakuru avuga ko uyu munyapolitiki aterwa inkunga n’abantu batandukanye barimo abo hanze y’igihugu, abandi bakamufasha abahenze ubwenge nk’uko byatangajwe mu minsi mike ishize.
Ngo Bobi Wine yashutse Rtd. Gen. Salem Saleh (murumuna wa Museveni) na Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba (umuhungu wa Museveni), bagakorana kandi bagaragaza ko bari mu ruhande rw’Umukuru w’Igihugu. Gusa nta wamenya niba aya mabanga Masaka abitse yaba hari aho ahuriye n’ubu bwenge buvugwa kuri Bobi Wine, bwazatuma Museveni yisanga yatunguwe mu matora.
Bobi Wine mu rugendo rwa politiki ihabanye n’iya Museveni
Bobi Wine ni umudepite uhagarariye Uburasirazuba bwa Kyadondo kuva muri Kamena 2017. Kuva yinjira muri politiki, yagaragagaje ko Perezida Museveni ayobora nabi, ntiyite ku rubyiruko rwiganjemo urudafite akazi.
Uyu munyapolitiki uhuza ibikorwa bye n’umuziki yashinze ishyaka aryita People Power ryiganjemo urubyiruko ruvuga ko rwabaye mu buzima bubi, abiyeguriye iri shyaka bagaragara mu myenda cyane ingofero zitukura (Red berets).
Bobi Wine agaragara kenshi ahangana n’abo mu nzego z’umutekano, ashinja kumuhohotera no kumuhagarikira ibikorwa bya politiki n’umuziki mu buryo butemewe, hakaba n’ubwo bamutaye muri yombi. Ibyo akorerwa byose cyangwa bigakorerwa abayoboke be n’ibindi bifite aho bihuriye n’akarengane gakorerwa abaturage, akunze kubishinja uyu Mukuru w’Igihugu yita ‘umunyagitugu’.
Abarimo Yoweri Museveni, Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde ndetse na Bobi Wine batangaje ko bazahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu 2021, umwe ashaka gukomeza gahunda ageza ku baturage mu gihe aba babiri ba nyuma bashaka kuzana impinduka muri Uganda.


