Minisiteri y’Ubuzima ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko umuntu wa mbere yishwe n’icyorezo cya Virusi ya Corona muri kiriya gihugu. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’Ubuzima wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Eteni Longondo, anavuga ko Hari n’abandi bantu batanu bashya banduye kiriya cyorezo ku wa 20 Werurwe. Minisitiri Eteni Longondo yemeje aya makuru agira ati ” INRB (Ikigo cy’ubushakashatsi ku buzima muri Congo) yemeje abandi bantu batanu bashya banduye. Bose ni Abanye-Congo. Ikipe y’Abavuzi iri kubitaho. Ejo hashize, twanagize umuntu wa mbere wapfuye azize COVD-19.” Minisitiri Eteni nta myirondoro y’uriya wahitanwe na Coronavirus yatanze. Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igihugu kiri mu Burengerazuba bw’u Rwanda habarurwaga ahantu 23 banduye Icyorezo cya Virusi ya Corona. Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko kuba umuntu umwe ari we umaze gupfa muri 23 bari baranduye, byatumye ijanisha ry’abahitanwe n’ iki cyorezo Ku Isi riba 4.3% by’abacyanduye. Magingo aya abantu 286,696 bo mu bihugu 186 ni bo bamaze kwandura icyorezo cya Virusi ya Corona, mu gihe 11,889 bamaze guhitanwa na cyo. Abamaze gukira iyi ndwara ni 93,602.



2 Responses
Umuntu wa mbere yishwe na COVID-19 mu gihugu gituranye n’u Rwanda
mwaramutse neza? nangize ikibazo cubuzima, nokubaho. nkumunu wari umumotari, atunzwe nogutwara abajyenzi, ubu tuzabaho gute? nagunu hakorwa, izindi ngamba, wenda kugirango twojyere, ndukore? nabazaga. murakoze uwiteka, anduhane umungisa.
Umuntu wa mbere yishwe na COVID-19 mu gihugu gituranye n’u Rwanda
mwaramutse neza? nangize ikibazo cubuzima, nokubaho. nkumunu wari umumotari, atunzwe nogutwara abajyenzi, ubu tuzabaho gute? nagunu hakorwa, izindi ngamba, wenda kugirango twojyere, ndukore? nabazaga. murakoze uwiteka, anduhane umungisa.