Muri Mozambique kuri uyu wa 24 Werurwe 2020 habonetse imirambo y’ababimukira 64 bakekwa kuba baturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe, yabonetse muri kontineri y’ikamyo yari ibatwaye.
Iyi kamyo yahagaritswe igeze mu Ntara ya Tete muri iki gihugu nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’ibitaro byakiriye iyi mirambo mu nkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP.
Uyu muyobozi wasabye ko izina rye ryagirwa ibanga yagize ati: “ Ikamyo yari itwaye abimukira batabyemerewe baturutse muri Malawi, dukeka ko ari abo muri Ethiopia, yahagaritse ku kiraro cya Mussacana muri Tete. Abantu 64 mu bo yari itwaye bari bapfuye, abandi 14 gusa bari bakiri bazima.”
AFP ivuga ko impamvu ikekwa kuba yateye uru rupfu ari ukubura umwuka bitewe n’uko iyi kontineri yari ifunze.
Abaturage baturutse muri Mozambique, Malawi ndetse n’ibindi bituranye bakunze kwimukira muri Afurika y’Epfo bahunga ubukene. Aba nabo birashoboka ko bamanukaga berekeza muri iki gihugu kiri mu bikize kuri uyu mugabane.


