Inama yagombaga guhuza u Rwanda na Uganda yasubitswe

Icyorezo cya Covid-19 gikomeje kuzahaza isi yose cyatumye inama yari iteganyijwe hagati y’u Rwanda na Uganda yiga ku gukemura ikibazo cy’umubano w’ibihugu byombi utameze neza itakibaye mu minsi 45 nk’uko byari biteganyijwe. U Rwanda na Uganda ni ibihugu bimaze iminsi umubano wabyo warajemo agatotsi ku buryo hagiye hakorwa ibiganiro bitandukanye bigamije guhuza ibi bihugu byombi […]

Abandi bantu 4 mu Rwanda basanganywe Coronavirus

img-20200324-wa0071.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda imaze gutangaza ko kuri uyu wa 24 Werurwe 2020, mu Rwanda hemejwe abandi barwayi 4 ba Coronavirus, bose hamwe bagera kuri 40. Muri aba barwayi harimo 2 baturutse i Dubai, 1 yaturutse i Buruseli mu Bubiligi n’undi 1 wahuye n’uherutse kugaragaraho iki cyorezo. Kuri uyu wa 22 Werurwe ni bwo Minisiteri […]

Nigeria: Ingabo z’igihugu 70 zaguye mu mutego wa Boko Haram

Ingabo za Nigeria zirenga 70 zaguye mu mutego w’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram kuri uyu wa 23 Werurwe 2020 muri Leta ya Borno. Aya makuru dukesha Punch News avuga ko ingabo z’igihugu zari mu ikamyo ya gisirikare, ziturutse mu gace ka Maiduguri, zigiye kugaba igitero ku barwanyi ba Boko Haram. Bageze mu nzira basanga aba […]

Rubavu: Barasaba gufungurirwa isoko ry’amatungo ryafunzwe rikabateza inzara

Bamwe mu baturage bacuruza inka mu isoko ry’amatungo mu murenge wa Kanzenze ho mu karere ka Rubavu baravuga ko bahangayikishijwe no kuba isoko bacururizagamo ryarafunzwe muri ibi bihe byo kwirinda icyorezo cya Coronavirus ubuzima bukaba bwarahagaze kuko ari ho bakuraga amafaranga yo kubatunga. Aba bacuruzi bavuga ko iri soko ryafunzwe kuwa Mbere w’icyumweru cyashize ubu […]

Rwanda: EU yageneye abagizweho ingaruka n’ibiza inkunga ya miliyoni 100 RWF

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda uyobowe na Ambasaderi Nicola Bellomo wageneye ubufasha bw’amafaranga 100,881,897 RWF ku miryango ituye mu turere tune tw’igihugu yangiririjwe n’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi yaguye mu ntangiriro za Werurwe 2020. Aya mafaranga yahawe Umuryango Mpuzamahanga utabara imbabare (Red Cross), uzaha imiryango itandukanye ubufasha nkenerwa burimo amafaranga yo kugura ibiribwa, ibiryamirwa, amajerekani, […]

Kigali: Abakozi bo mu ngo bari kwirukanwa kubera Coronavirus

Ku wa 23 Werurwe, Polisi y’igihugu yasubije inyuma abakozi bo mu rugo babarirwa mu ijana bari birukanwe n’abakoresha babo, muri ibi bihe igihugu gihanganye n’icyorezo cya Coronavirus. Abasubijwe mu ngo bakoragamo ni abo mu bice bya Gatsata mu Karere ka Gasabo, na Kimisagara muri Nyarugenge. Uwahaye Bwiza aya makuru ukorera i Nyabugogo wabonye abo bakozi […]

EAC igiye gutanga laboratwari ngendanwa ku bihugu biyigize mu kurwanya Coronavirus

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, Liberat Mfumukeko kuri uyu wa 24 Werurwe 2020 yatangaje ko ibihugu biwugize bigiye guhabwa ubufasha burimo laboratwari ngendanwa (Mobile Laboratories) mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus. Ni umwanzuro wafashwe nyuma y’inama mpuzashusho (Video conference) yahuje ubunyamabanga bw’uyu muryango ndetse n’abaminisitiri b’ubuzima b’ibihugu biwugize kuva kuri uyu wa 23 Werurwe, […]

Mozambique: Hagaragaye imirambo y’abimukira 64 bapfiriye mu ikamyo

Muri Mozambique kuri uyu wa 24 Werurwe 2020 habonetse imirambo y’ababimukira 64 bakekwa kuba baturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe, yabonetse muri kontineri y’ikamyo yari ibatwaye. Iyi kamyo yahagaritswe igeze mu Ntara ya Tete muri iki gihugu nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’ibitaro byakiriye iyi mirambo mu nkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP. Uyu muyobozi wasabye ko izina […]

Umuhanzi Manu Dibango yishwe na Coronavirus

Umuhanzi w’icyamamare muri Cameroon no muri Afurika, Manu Dibango yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri azize icyorezo cya Coronavirus gikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake ku Isi. Amakuru y’urupfu rw’uyu muhanzi w’icyamamare yemejwe n’abo mu muryango we muri iki gitondo cyo kuwa 24 Werurwe, baciye ku rukuta rwe rwa Facebook. Uyu mugabo apfuye afite imyaka 86. […]

Uganda: Abashinwa baherutse gutoroka akato ka Coronavirus bazagezwa mu nkiko

Abashinwa batandatu bafatiwe muri Uganda batorotse akato ka Coronavirus bari bashyizwemo, bagiye kujyanwa mu butabera na Leta y’iki gihugu. Ni ibyemejwe n’Umuvigizi w’Ishami rishinzwe Iperereza ku Byaha, Charles Twine, wavuze ko n’iyo bari Bashinwa batabasangamo Coronavirusi bagomba guhanwa n’amategeko. Abo Bashinwa ni Huang Haiguiang, Li Chaochyan, Qin Shening, Liang Xinging na Huang Wei. Bafatanyije icyaha […]

Gen. Muhoozi yiseguye ku bababajwe n’amagambo yavuze ku gitangazamakuru cya leta

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’Umujyanama we mu bya gisirikare, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yiseguye ku bantu bababajwe n’amagambo yavuze ku gitangazamakuru cy’igihugu, The New Vision. Tariki ya 22 Werurwe 2020, igitangazamakuru The New Vision cyakoze inkuru ivuga ku ngamba u Rwanda rwafashe mu gukumira icyorezo cya Coronavirus. Gen. Muhoozi akimara kuyibona kuri Twitter […]

Imibare igaragaza uko Coronavirus ihagaze mu bihugu 195

Imibare y’isegonda ku rindi igaragaza uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kugera mu bihugu 195 mu bigize Isi. Abamaze kwandura iki cyorezo ni 382,010 ku Isi, mu gihe abo kimaze guhitana kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ari 16,558. Abantu 102,431 ni bo bamaze Gukira kiriya cyorezo, mu gihe abakirwaye […]

Kimironko: Abaturage baravuga ko abacuruzi bazamuye ibiciro by’iribwa uko bishakiye

Abaturage bo mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimironko barinubira izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ridasanzwe ryakozwe n’abacuruzi uko babyumva kandi hari amabwiriza ya ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda agena ibiciro mu gihe u Rwanda ruri mu bihe bidasanzwe byo guhangana na Coronavirus. Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda iherutse gusohora itangazo riburira abacuruzi bari kuzamura ibiciro cyane […]

Global Volunteering for Development Officer at Voluntary Service Overseas (VSO)

Voluntary Service Overseas (VSO) is an international development charity with a vision for a “world without poverty” and a mission to “bring people together to fight poverty”. VSO recruits professionals to work as volunteers, living and working alongside local populations in developing countries. VSO was founded in 1958, and currently works in 23 countries in […]

Supply of Motor Vehicle Spare Parts at Jali Holdings Ltd

PART 1 – Bidding Procedures Tender Notice (TN) / Invitation for Bids (IFB) Jali Investment Ltd (hereinafter called ‘’Client”) through its ordinary Budget for the FY 2020; invites qualified bidders to submit bids for the acquisition of Motor Vehicle Spare Parts which is considered as LOT I and glasses which is also considered as LOT […]

Rayon Sports na Airtel-Tigo bagiye kugirana amasezerano mashya

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports n’ikigo cy’Itumanaho mu Rwanda cya Airtel-Tigo bigiye gusinyana amasezerano y’imyaka itanu y’imikoranire ashingiye ku kuba iyi kipe izajya yamamaza iki kigo ikazahabwa miliyoni 240 z’Amafaranga y’u Rwanda. Rayon sports izajya yambara ikirango cya Airtel-Tigo ku kaboko k’iburyo ku myambaro y’iyi kipe yaba iyo mu marushanwa atandukanye n’iyo mu myitozo, aya […]

Zimbabwe: Umunyamakuru wari ukunzwe yabaye umuntu wa mbere wishwe na Coronavirus

Umunyamakuru Zororo Makamba wari ukunzwe muri Zimbabwe, yabaye umuntu wa mbere wishwe n’icyorezo cya Virusi ya Corona muri kiriya gihugu. ZBC News yahamirijwe amakuru y’urupfu rw’uriya munyamakuru na Obediah Moyo, Minisitiri muri Zimbabwe ushinzwe ubuzima no kwita ku bana. Makamba w’imyaka 30 y’amavuko, yabaye umuntu wa kabiri muri Zimbabwe wanduye icyorezo cya Virusi ya Corona. […]

Abatazubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda COVID-19 bazafungwa banacibwe amande

Mu rwego rwo gushimangira ingamba zashyizweho mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Virusi ya Corona, Polisi y’igihugu yatangaje ko abazananirwa kubahiriza amabwiriza yashyizweho cyangwa bakabeshya bazajya bafatwa bagacibwa amande. Iki cyemezo kiratangira gushyirwa mu bikorwa kuva ku wa kabiri, ku wa 24 Werurwe 2020. Ni ibyememejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera, mu […]

Tender Cancellation for Supply of Motor Vehicle Spare Parts at JALI INVESTMENT Ltd

JALI INVESTMENT Ltd REF: 114/JIL/PROC/2020 Date: 20/02/2020 NOTICE TO THE GENERAL PUBLIC The Management of Jali Investment Ltd would like to inform the General Public that due to COVID19 Pandemic; the offer for the tender number 007/.11-1LP/2020/INVESTMENT of supply of Spare parts for Jali Investment Ltd and its Subsidiary companies’ Vehicles of which bids submission […]

Global Health, Safety and Security Lead at One Acre Fund

One Acre Fund is an agricultural NGO that is innovating a new way of helping farm families to achieve their full potential. In more than five years in Rwanda, We have grown to serve more than 180,000 farm families with 1,500 full-time staff in Rwanda. In Burundi, We have grown to serve 40,000 farm families […]

Rwanda: Hagaragaye abandi barwayi 17 ba Coronavirus

et03rlixqaajl5i.jpg

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) imaze gutangaza ko kuri uyu wa 23 Werurwe 2020, mu Rwanda hemejwe abandi barwayi 17 ba Coronavirus, bose hamwe bagera kuri 36. Muri aba barwayi harimo 9 baturutse i Dubai, 3 baturutse muri Kenya, 2 baturutse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, 1 waturutse muri Qatar, 1 waturutse mu Buhinde, undi umwe ni […]