Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) imaze gutangaza ko kuri uyu wa 23 Werurwe 2020, mu Rwanda hemejwe abandi barwayi 17 ba Coronavirus, bose hamwe bagera kuri 36. Muri aba barwayi harimo 9 baturutse i Dubai, 3 baturutse muri Kenya, 2 baturutse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, 1 waturutse muri Qatar, 1 waturutse mu Buhinde, undi umwe ni uwahuye n’uherutse kugaragaraho iki cyorezo. Aba barwayi uko ari 17 batangiye gupimwa no gushyirwa mu kato hagati ya tariki ya 17 na 20 Werurwe 2020. Kuri uyu wa 22 Werurwe ni bwo iyi Minisiteri yari yatangaje ko habonetse abarwayi bashya babiri, biyongeraga kuri 17 bari batangajwe mbere. Bose hamwe babaye 19, hiyongereyo aba bashya, mu Rwanda hamaze kubarurwa abarwayi ba Coronavirus 36 muri rusange. Mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ni cyo gihugu kimaze kugaragaramo abarwayi benshi b’iki cyorezo. Kenya iza ku mwanya wa kabiri yemeje abarwayi 16, Tanzania ifite 12, Uganda ifite 9 mu gihe u Burundi nta n’umwe. Nk’igihugu cyo mu Karere k’Ibiyaga Bigari kandi gituranye n’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yo imaze kwemeza abarwayi 29, babiri barapfuye.



