Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, Liberat Mfumukeko kuri uyu wa 24 Werurwe 2020 yatangaje ko ibihugu biwugize bigiye guhabwa ubufasha burimo laboratwari ngendanwa (Mobile Laboratories) mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus.
Ni umwanzuro wafashwe nyuma y’inama mpuzashusho (Video conference) yahuje ubunyamabanga bw’uyu muryango ndetse n’abaminisitiri b’ubuzima b’ibihugu biwugize kuva kuri uyu wa 23 Werurwe, yigaga ku rwego iki cyorezo kimaze kugeraho ndetse n’ingamba ibi bihugu byashyizeho mu kugikumira.
Mfumukeko yagize ati: “EAC yiteguye kohereza laboratwari ngendanwa mu bihugu byose biyigize.”
Izi laboratwari ni imodoka ifite ibyangombwa ndetse n’ikoranabuhanga rikenewe mu gupima Coronavirus, Ebola n’izindi ndwara z’ibyorezo.
Buri gihugu kigize uyu muryango kizahabwa imodoka enye zujuje ibi bisabwa byose. Abantu bazakoresha izi laboratwari ni inzobere zatorejwe ku cyicaro cya EAC ku bufasha bw’ikigo cyo mu Budage.
Icyorezo cya Coronavirus muri EAC
Muri uyu muryango ugizwe n’ibihugu bitandatu, bine muri byo byagaragayemo iki cyorezo. U Rwanda rumaze kwemeza abarwayi ba Coronavirus 36, Kenya yemeje 25, Tanzania ni 12, Uganda ni 9, u Burundi na Sudani y’Epfo nta murwayi urabigaragaramo.
Ibi bihugu byafashe ingamba zitandukanye zigamije kurinda abaturage babyo ko bagerwaho n’iki cyorezo, nko guhagarika ingendo zo ku butaka no mu kirere, gufunga imipaka n’ibindi.
Kwifatanyiriza hamwe mu kurwanya Coronavirus birashimangira ko EAC ari umuryango ufite icyerekezo cyiza, uharanira ko igihugu iki na kiriya kitasubira inyuma mu iterambere.


