TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje

Sangiza iyi nkuru

Umuhanuzi wo muri Nigeria, Temitope Balogun Joshua wamamaye ku mugabane w’Afurika, yavuze ko icyorezo cya Coronavirus kitazaba kikibarizwa mu Isi guhera tariki ya 27 Werurwe 2020 , ubu yabivuguruje avuga ko yabisobanuraga mu buryo bw’umwuka.

Uyu muhanuzi yakunze kugaragara atanga ubutumwa buhumuriza Isi, ko iki cyorezo kuva cyaragabanyije umurego mu Bushinwa, ari ikimenyetso simusiga ko gisa n’igikendera.

Ku bwa TB Joshua nk’uko yabivuze tariki ya 16 uku kwezi, iki cyorezo nticyagombaga kurenza tariki ya 27 kikibarizwa ku Isi, ati: “Uku kwezi tariki ya 27, twabyemera tutabyemera icyorezo kizaba cyarangiye ku Isi. Umuti waboneka utaboneka, kizava ku Isi nk’uko cyaje.”

Mu mvugo abarimo igitangazamakuru cya Africa News cyise kwivuguruza, TB Joshua yagize ati: “Navuze mu buryo bw’umwuka ko Coronavirus izagenda nk’uko yaje.”

TB Joshua yavuze ko umuriro wazimye, igisigaye ari imyotsi

Tariki ya 22 Werurwe 2020, ubwo TB Joshua yari kuri televiziyo ya Emmanuel TV, yavuze ko umuriro wamaze kuzima ariko imyotsi ikizamuka mu kirere. Ati: “Umuriro ni aho Coronavirus yatangiriye muri Wuhan! Imyotsi yo turi kuyibona mu burengerazuba bw’Isi no mu bice bimwe by’Afurika. Niba umuriro warazimye, umwotsi ni iki? Ni urwibutso n’amateka!”

TB Joshua yavuze ko abantu batagomba kwibagirwa ko Coronavirus yagaragaye bwa mbere muri Wuhan, abayobozi mu Bushinwa bakaba bari bamaze gutangaza ko nta murwayi mushya wagaragaye. TB Joshua ati: “Iki cyerekana ko Coronavirus iri kugenda.

Hari byinshi TB Joshua yahanuye bizaba mu 2020, ibyabaye bemeye ko ari impamo ndetse n’abatemera ibye mu nkuru bwiza.com yashyize hanze tariki ya 9 Mutarama 2020: https://bwiza.com/?Ibintu-biteye-ubwoba-Umuhanuzi-T-B-Joshua-avuga-ko-bizaba-mu-mwaka-wa-2020

Ubwoba bwa Coronavirus ntibukiri ku Bushinwa

Icyorezo cya Coronavirus mu Bushinwa gisa n’icyakendereye kuko abarwayi bashya bagaragarayo ni bake ndetse hari n’ubwo bataboneka. Iki gihugu cyabaruye abarwayi b’iki cyorezo barenga 81,500, abarenga gato 76,000 bamaze gukira, basubira iwabo mu ngo.

Muri rusange, Isi yose irahangayikishije ariko cyane cyane ibihugu birimo Ubutaliyani bumaze kubarura abarwayi b’iki cyorezo barenga 101,700, aho abantu barenga 11,500 bamaze gupfa; muri Esipanye hamaze kwandura abarenga 87,900, abarenga 7,700 muri bo barapfuye; muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika handuye abarenga 164,300, abarenga 3,100 bamaze gupfa. Hari ibindi bihugu nk’Ubufaransa bwapfushije abantu barenga 3000, Irani yapfushije abarenga 2,700 n’Ubwongereza bumaze gupfusha abarenga 1,400.

Soma Izindi Nkuru

8 Responses

  1. TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje
    YARAKOZE KUBESHYA NONE AKABA AKOMEJE KWIVAMO

    1. TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje
      Ngewe ikimbabaza cyane ni ukuntu aba ba Crooks (escrocs) bagira abayoboke benshi cyane.Nkuko Abaroma 16:18 havuga,biterwa nuko bagira “akarimi keza”,bagashuka abantu,bababwira ko bagiye kubasengera bakirukana Inyatsi,Umwaku,etc….Bigatuma abantu babaha amafaranga (icyacumi).Bakabahisha yuko Icyacumi cyari kigenewe gusa ubwoko bw’Abalewi,kubera ko nta masambu bagiraga nkuko Kubara 18:24 havuga.Bakabahisha Matayo 10:8 havuga ko Yesu yasabye Abakristu nyakuri “gukorera Imana ku buntu”.

    2. TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje
      Ngewe ikimbabaza cyane ni ukuntu aba ba Crooks (escrocs) bagira abayoboke benshi cyane.Nkuko Abaroma 16:18 havuga,biterwa nuko bagira “akarimi keza”,bagashuka abantu,bababwira ko bagiye kubasengera bakirukana Inyatsi,Umwaku,etc….Bigatuma abantu babaha amafaranga (icyacumi).Bakabahisha yuko Icyacumi cyari kigenewe gusa ubwoko bw’Abalewi,kubera ko nta masambu bagiraga nkuko Kubara 18:24 havuga.Bakabahisha Matayo 10:8 havuga ko Yesu yasabye Abakristu nyakuri “gukorera Imana ku buntu”.

  2. TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje
    YARAKOZE KUBESHYA NONE AKABA AKOMEJE KWIVAMO

  3. TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje
    Nanjye rwose nkaya cyane abantu bakurikira aba batekamutwe. Mbona igihe kigeze ngo abantu bareke guta umwanya wabo basengera muri izi nsengero z’abacuruzi

  4. TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje
    Nanjye rwose nkaya cyane abantu bakurikira aba batekamutwe. Mbona igihe kigeze ngo abantu bareke guta umwanya wabo basengera muri izi nsengero z’abacuruzi

  5. TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje
    Ariko se muri gutangazwa nuyu Pasteur ndetse n’abandi nkawe bari hirya no hino ku isi?????
    Ubu se hano iwacu mu Rwanda muri Gasabo mu itorero rya ADEPR tariki 8/3/2020 ni hari Pasteur wasenze akavuga ko yirukanye Corona ku isi kandi ko nyuma y’iminsi itatu izaba itakibarizwa ku isi!!!!!!!!!!!!!!!!!!! kandi ko utarapfa atagipfuye ko guhera ubwo agisenga nta muntu uzongera kwicwa na corona??
    Niyo mpamvu nsaba abantu bose kwitondera abantu navuga ngo bigize abavugabutumwa abandi bigira abahanuzi kandi atari bo.
    MWITONDE KUKO NA BIBILIYA IVUGA KO BENE ABO BAZAZA.

  6. TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje
    Ariko se muri gutangazwa nuyu Pasteur ndetse n’abandi nkawe bari hirya no hino ku isi?????
    Ubu se hano iwacu mu Rwanda muri Gasabo mu itorero rya ADEPR tariki 8/3/2020 ni hari Pasteur wasenze akavuga ko yirukanye Corona ku isi kandi ko nyuma y’iminsi itatu izaba itakibarizwa ku isi!!!!!!!!!!!!!!!!!!! kandi ko utarapfa atagipfuye ko guhera ubwo agisenga nta muntu uzongera kwicwa na corona??
    Niyo mpamvu nsaba abantu bose kwitondera abantu navuga ngo bigize abavugabutumwa abandi bigira abahanuzi kandi atari bo.
    MWITONDE KUKO NA BIBILIYA IVUGA KO BENE ABO BAZAZA.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *