20250816_135600 (1)

Gen. Muhoozi yavuze uruhande Uganda ishyigikiye hagati ya FARDC na M23

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko igihugu cye kiri ku ruhande rw’umutwe wa M23 mu ntambara urwanamo na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gen. Muhoozi yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 15 Kanama, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X.

Muri ubu butumwa yaje gusiba nyuma y’amasaha make, yateguje ko M23 niramuka ifashe Umujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ingabo za Uganda na zo zizahita zifata uwa Kisangani wo mu ntara ya Tshopo.

Yagize ati: “Bene wacu ba M23 nibaramuka bafashe Uvira, natwe tuzajya i Kisangani”.

Uyu musirikare mu bundi butumwa yagaragaje ko umujyi wa Kisangani urimo abacanshuro barenga 1,000 b’abanya-El Salvador Leta ya RDC yitabaje ngo bazayifashe mu ntambara, abateguza ko ingabo za Uganda zizabafasha.

Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ibi mu gihe amaze iminsi aca amarenga y’uko Uganda ishobora kwinjira mu ntambara ya Congo.

Muri Kamena uyu mwaka yatangaje ko M23 niramutse ifashe umujyi wa Uvira, Ingabo za Uganda zitazazuyaza kwagura igice zikoreramo ibikorwa byazo.

Muri iki cyumweru na bwo uyu musirikare yateguje ko intambara niyongera kubura mu burasirazuba bwa RDC, Uganda izarengera inyungu zayo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *