U Rwanda rucumbikiye impunzi hafi ibihumbi 147

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’Abibumbye, ishami ryita ku mpunzi (UNHCR) kuri uyu wa 9 Mata 2020 wagaragaje ko kugeza tariki ya 31 Werurwe, u Rwanda rwari rucumbikiye impunzi 146,268 zaturutse mu bihugu bitandukanye.

Biri muri raporo UNHCR isohora iyo ukwezi kurangiye igaragaza imibare mishya y’impunzi, cyane cyane izinjiye mu gihugu.

Muri Werurwe, u Rwanda rwakiriye impunzi nshya zituruka mu Burundi gusa, zigera ku 166. Ibi byazamuye imibare y’impunzi zituruka muri iki gihugu zinjiye muri uyu mwaka, kuko kuva muri Mutarama hamaze kwinjira izigera kuri 645. Igiteranyo cy’izi mpunzi kirenga 71,000. Inyinshi ni izaturutse mu Ntara ya Kirundo, Bujumbura na Muyinga.

Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ni cyo gihugu kiza ku isonga mu kugira impunzi nyinshi mu Rwanda, kuko zirenga 76,000. Ziganjemo izaturutse mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo zakunze kurangwa n’umutekano muke mu myaka irenga 20 ishize.

Inkambi ya ya Mahama ni yo icumbikiye impunzi nyinshi, ziri hafi y’60,000, Kigeme zirenga 21,000 Kiziba icumbikiye izirenga 16,000, Nyabiheke ni izirenga 14,000 Gihembe icumbikiye izirenga 12,000, Mugombwa zirenga 10,000 ndetse n’izindi zicumbikiye ibindi bihumbi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *