Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF (International Monetary Fund) gikomeje guha akayabo k’inguzanyo ibihugu by’Afurika biri mu nzira y’iterambere mu guhangana n’indwara y’icyorezo ya Covid-19 iterwa n’agakoko ka Coronavirus.
Nyuma y’aho muri Werurwe 2020, iki kigega cyafashaga ibindi bihugu byugarijwe n’iki cyorezo hanze y’uyu mugabane, tariki ya 1 Mata 2020 cyatangiye gufasha Afurika, gihera kuri Sénégal cyahaye miliyoni 221 z’amadolari y’Amerika.
Tariki ya 2 Mata 2020, cyakurikijeho u Rwanda n’inguzanyo ya miliyoni 109 z’amadolari y’Amerika (agera kuri miliyari 102 z’amafaranga y’u Rwanda). Tariki ya 3 Mata, IMF yakurikijeho Madagascar n’amadolari y’Amerika miliyoni 165. Kuri uyu wa 9 Mata, Gabon yahawe miliyoni 147 z’amadolari y’Amerika.
Hari ibihugu by’Afurika kandi byongejwe inguzanyo bitewe n’iki cyorezo nka Togo yahawe miliyoni 97 ndetse n’ibyemerewe kuyihabwa mu minsi iri imbere nka Chad izahabwa miliyoni 115 hagati muri uku kwezi nk’uko bigaragara mu itangazo ryo ku wa 6 Mata 2020.
Muri iki gihe cyo guhangana na Covid-19, Umuyobozi wa IMF, Kristalina Georgieva kuri uyu wa 9 Mata 2020 yatangaje ko hazatangwa inguzanyo ya miliyari 100 z’amadolari y’Amerika ku bihugu birenga 90 by’ibinyamuryango. Ni nyuma y’umwazuro w’Inama y’Ubuyobozi yateraniye i Washington DC kuri uwo munsi.
Azifashishwa mu biki?
Kristalina Georgieva yavuze ko mu ngamba zafashwe zo gukumira ikwirakwira rya Coronavirus harimo gufunga imipaka no guhagarika ingendo z’indege, bikaba byaragize ingaruka ku buhahirane hagati y’ibihugu ndetse n’ubucuruzi mpuzamahanga. Byose no kuba hari imirimo itunze abantu yahagaze, bikeneye imbaraga nyinshi kugira ngo hagabanywe ibihombo byakurikiraho, iyi nguzanyo ikaba yaratanzwe nk’inyunganizi.
Ubwo u Rwanda rwari rumaze guhabwa iyi nguzanyo [izishyurwa ku nyungu], Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi mu Rwanda, Dr. Uzziel Ndagijimana yabwiye Ikigo cy’Itangazamakuru cy’Igihugu ko aya mafaranga agiye kuziba icyuho muri iki gihe leta y’u Rwanda iri gukoresha amafaranga menshi mu guhangana na Covid-19 cyane cyane mu rwego rw’ubuzima.
Dr. Ndagijimana yakomeje avuga ko kandi aya mafaranga azifashishwa mu kugoboka abantu bagizweho ingaruka n’ingamba zo guhagarika ibikorwa kugira ngo hakumirwe ikwirakwiza ry’iki cyorezo, badafite ibikenerwa mu buzima nk’ibyo kurya.
Imibare ya Covid-19 muri ibi bihugu byahawe inguzanyo
Imibare y’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe ubuzima (WHO) igaragaza ko kuri uyu wa 10 Mata 2020, Afurika imaze kugaragaramo abarwayi ba Covid-19 barenga 11,943, abapfuye barenga 608.
Sénégal imaze kugaragaramo abarwayi 250 n’abapfuye babiri, u Rwanda rumaze kugaragaramo abarwayi 103, Madagascar ni abarwayi 95, Gabon ni 44 n’uwapfuye umwe, Chad ni abarwayi 11 naho Togo yagaragayemo abarwayi 73 n’abapfuye 3.


