Nyaruguru: Abasigajwe inyuma n’amateka ntibazi niba kubumba byemewe mu gihe cya Coronavirus

Sangiza iyi nkuru

Abasigajwe inyuma n’amateka batuye mu karere ka Nyaruguru bavuga ko bari mu gihirahiro cyo kutamenya niba umurimo wari ubatunze wo kubumba no gucuruza ibibumbano byabo wemewe muri iki gihe turimo cyo gukumira no kwirinda Coronavirus. Ibyo bituma bamwe muri bo bakora rwihishwa, abandi bakishora mu ngeso mbi nko kwiba.

Ngangure Augustin w’imyaka 87 utuye mu murenge wa Kibeho, aragira ati: “ntituzi niba kubumba no gucuruza inkono mu baturage byemewe cyangwa bibujijwe. Hari ubwo twihara tukazibumba. Ni nko kwiyahura. Tubura abaguzi, inyinshi zangirikira hano tugahomba. Twirinda kwiba. Ntiduhinga, ntitworora, tiducuruza, inzara se ntizatwica?” Ibyo ni nabyo bivugwa na Sibomana Francois na Nyirandora Tatienne. Umwe utuye mu murenge wa Rusenge, undi mu wa Munini.

Madame Jeanne d’Arc Mukasekuru, uhagarariye Umuryango “COPORWA” uhuza abasigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Nyaruguru, avuga ko imirimo yabo yahagaze. Aragira ati: “Tumaze iminsi natwe twibaza ukuntu bagiye kubaho kuko bavuga ko imirimo ikomeje ari ubuhinzi n’ubworozi. Ntibemerewe kubunza inkono.”

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Madame Colette Kayitesi, avuga ko imirimo yabo itabujijwe mu gihe bubahiriza amabwiriza yo kwirinda coronavirus. Yagize ati: “Imirimo yabo ntawayibabujije. Ni nk’uko abandi bajya guhinga. Ipfa kuba itabangamiye amabwiriza ariho yo kwirinda Coronavirus.”

Nyaruguru niko karere kabarizwamo abasigajwe inyuma n’amateka benshi ugereranije n’utundi turere two mu Rwanda. Nk’uko Madame Mukasecuru yabivuze, mu mirenge ya Kibeho, Ruramba, Mata na Rusenge honyine habarizwa imiryango yabo iri hagati ya 500 na 600.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Nyaruguru: Abasigajwe inyuma n’amateka ntibazi niba kubumba byemewe mu gihe cya Coronavirus
    Ehhh! Ngangure aracyabaho? Muzi ndi umwana kuva kera twari duturanye muri 1970… Bakwiye gufashwa kuko n’abandi bishoboye ntiborohewe muri iyi minsi.

  2. Nyaruguru: Abasigajwe inyuma n’amateka ntibazi niba kubumba byemewe mu gihe cya Coronavirus
    Ehhh! Ngangure aracyabaho? Muzi ndi umwana kuva kera twari duturanye muri 1970… Bakwiye gufashwa kuko n’abandi bishoboye ntiborohewe muri iyi minsi.

  3. Nyaruguru: Abasigajwe inyuma n’amateka ntibazi niba kubumba byemewe mu gihe cya Coronavirus
    None c Leta yabahaye ibyokurya nkuko ibiha abandi batishoboye.

  4. Nyaruguru: Abasigajwe inyuma n’amateka ntibazi niba kubumba byemewe mu gihe cya Coronavirus
    None c Leta yabahaye ibyokurya nkuko ibiha abandi batishoboye.

  5. Nyaruguru: Abasigajwe inyuma n’amateka ntibazi niba kubumba byemewe mu gihe cya Coronavirus
    Rwose abobantu bakwiyegufashwa kuko ntibemerewe kuva mukagali bakya mukandi

  6. Nyaruguru: Abasigajwe inyuma n’amateka ntibazi niba kubumba byemewe mu gihe cya Coronavirus
    Rwose abobantu bakwiyegufashwa kuko ntibemerewe kuva mukagali bakya mukandi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *