abafana-ba-APR4-860x534

Umutoza wa APR FC yasabiwe kwirukanwa hakazanwa Adil

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu bafana ba APR FC barasaba ko ubuyobozi bwabo bwagarura umutoza w’Umunya-Maroc, Adil Erradi Mohamed, wayitoje hagati ya 2019 na 2022.

Kuva muri Kamena uyu mwaka, ikipe y’Ingabo yasinyishije umutoza mushya w’Umunya-Tunisie, Abderrahim Taleb, amasezerano y’imyaka ibiri, asimbuye Umufaransa Darko Nović.

Ariko kuva yagera muri APR FC, bamwe mu bakunzi b’iyi kipe ntibanyuzwe n’imyitwarire ye ku kibuga, ibintu byatumye bongera kugaruka ku izina rya Adil Erradi Mohamed, wamaze imyaka itatu atoza iyi kipe akayihesha ibikombe bitatu bya shampiyona.

Ibyifuzo byo kumusubizaho byongeye kwiyongera nyuma y’uko APR FC ibuze igikombe cy’irushanwa rya “Inkera y’Abahizi”, aho yatsinzwe imikino yose uko ari itatu yakinnye, nubwo yari yo yateguye iri rushanwa.

Abafana baganiriye n’ikinyamakuru Umuseke bagaragaje inyota yo kongera kubona Adil, bamwe bavuga ko “n’ubwo atari umuntu wicisha bugufi cyane, ariko yari afite ubuhanga buruta ubwo umutoza uriho ubu.” Abandi bakongeraho ko “Adil yakundaga gushyiramo ishyaka kandi ntiyemeraga gusuzugurwa.”

Adil Erradi Mohamed yatoje APR FC kuva mu 2019 kugeza mu 2022, atwarana na yo ibikombe bitatu bya shampiyona.

Ku ruhande rwa Taleb, mu mikino amaze gutoza, yatsinze Gasogi United, Intare FC, Power Dynamos FC na Bugesera FC, anganya na Gorilla FC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *