Umusirikare wo mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), kuwa Mbere yarashe kandi yica umugore we ahitwa i Kanyatsi, umudugudu uherereye nko mu birometero 5 mu burengerazuba bwa Lubero-Centre, ku muhanda wa Lubero-Kasugho.
Abatangabuhamya bavuga ko urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu ntangiro z’umugoroba rwateje ubwoba mbere y’uko abaturage bavumbura umurambo w’uwahohotewe.
Uyu musirikare ukekwaho ubwicanyi bivugwa ko ari umukomando muri FARDC, yarashe umugore we nyuma y’amakimbirane yo mu rugo ashingiye ku mwana wabo w’amezi ane.
Impamvu nyazo zateye ayo makimbirane ariko ntizirasobanuka neza.
Umuturage umwe yagize ati: “Twumvise urusaku rw’amasasu mu baturanyi ahagana mu ma saa kumi z’umugoroba. Igihe twabazaga, batubwiye ko umusirikare yatonganaga n’umugore we, kandi ko uyu musirikare yarashe umugore we mu gatuza, apfa azize ibikomere.”
Avugana na ACTUALITÉ.CD, umuyobozi wa Teritwari ya Lubero w’umusirikare, Lt. Colonel Kiwewa Mitela Alain, yemeje aya makuru anagaragaza ko uyu musirikare w’umwicanyi yahise afatwa na bagenzi be mbere yo kujyanwa mu biro by’ubushinjacyaha bwa gisirikare bwa Lubero kugira ngo akorerwe dosiye.


