Nyanza: Umusore w’imyaka 19 yatangaje ko yishe nyina amukubise isuka mu mutwe

Sangiza iyi nkuru

Umusore witwa Maniriyo Eugène w’imyaka 19 y’amavuko ubarizwa mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Mbuye, Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa 29 Gicurasi 2020 yatangaje ko yishe nyina Ahishakiye Donathile wari ufite imyaka 40 y’amavuko, amukubise isuka mu mutwe

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi, Nsengumuremyi Théoneste yatangarije bwiza.com ko aya makuru yamenyekanye saa tanu n’igice z’uyu wa 29 Gicurasi, atanzwe na Mugemangango Jean Paul ucumbitse hafi y’urugo rw’uwishwe.

Uyu muyobozi yavuze ko Ahishakiye yiyemereye ko yishe nyina mu masaa mbiri y’igitondo, tariki ya 28 Gicurasi 2020, ko yakubise nyina isuka mu mu mutwe. Gusa ngo icyo uyu musore yahoye mubyeyi we ntikizwi. Ati: “Icyo yamuhoye ntikizwi”.

Umurambo wa nyakwigendera ugiye kujyanwa mu bitaro bya Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma, Maniriyo we akaba ari mu maboko ya RIB, Sitasiyo ya Muyira.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Nyanza: Umusore w’imyaka 19 yatangaje ko yishe nyina amukubise isuka mu mutwe
    Uyu musore akatirwe urumukwiye.Wasanga Ari umutungo azize ariko kandi ahari Ayo makimbirane azajyakemurwa mbere Yuko abantu bicana.Birababaje

  2. Nyanza: Umusore w’imyaka 19 yatangaje ko yishe nyina amukubise isuka mu mutwe
    Uyu musore akatirwe urumukwiye.Wasanga Ari umutungo azize ariko kandi ahari Ayo makimbirane azajyakemurwa mbere Yuko abantu bicana.Birababaje

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *