U Bushinwa butumye Amerika itandukana burundu na WHO

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump kuri uyu wa 29 Gicurasi 2020 atangaje ko bidasubirwaho igihugu cye kimaze kwitandukanya n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima, WHO, bitewe n’uko ukoreshwa n’u Bushinwa muri iki gihe cya Covid-19.

Uyu Mukuru w’Igihugu mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu ngoro ya White House, ati: “U Bushinwa ni bukoresha WHO, bwanze gutangaza amakuru ubwo icyorezo cyagaragaragayo mu 2019.” Ngo ibi byatumye iki gihugu cyabonetsemo umurwayi wa mbere wa Covid-19, kigikwirakwiza mu Isi yose, bituma Amerika itakaza ubuzima bw’abarenga 100,000.

Bityo rero, inkunga iki gihugu cyahaga uyu muryango, kigiye kujya kiyiha indi yita ku buzima bw’abatuye Isi.

Donald Trump afashe uyu mwanzuro mu gihe iminsi 30 yari yarahaye uyu muryango ngo uhindure imikorere itari yarangira. Tariki ya 19 Gicurasi ni bwo uyu Mukuru w’Igihugu yandikiye Dr. Tedros Adhanom uwuyoboye ko igihugu cye kizahagarika burundu inkunga kiwutera mu gihe utubahirije ubu busabe.

Amerika ni cyo gihugu cyatangaga umusanzu ugera kuri miliyoni 450 z’Amadolari y’Amerika muri uyu muryango ku mwaka, ukubye inshuro 10 uw’u Bushinwa buri ku mwanya wa kabiri butanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *