Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa 31 Gicurasi 2020 rigaragaza impinduka ku mabwiriza mashya yari yamaze gutangwa, yemeza isubukurwa ry’ingendo hagati y’intara zitandukanye n’Umujyi wa Kigali, aha na moto uburenganzira bwo gutwara abagenzi, aho ishyirwa mu bikorwa ryayo ryegejwe inyuma.
Iri tangazo rivuga ko nyuma y’isesengura, izi ngendo ziracyabujijwe mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage. Riti: “Ingamba nshya zizatangazwa n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 2 Kamena 2020.
Inama y’Abaminisitiri iherutse, yateranye tariki ya 18 Gicurasi 2020 ni yo yari yafatiwemo ibyemezo byo gusubukura ingendo hagati y’Intara zitandukanye n’Umujyi wa Kigali ndetse n’igikorwa cyo gutwara abagenzi kuri moto.
Ibi byemezo mu byafashwe n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 18 Gicurasi




