Abasirikare ba Uganda barashe aba Sudani y’Epfo bane barabica

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Uganda (UPDF), cyatangaje ko abasirikare bacyo barashe aba Sudani y’Epfo bane bikarangira bapfuye.

Iryo rasana ryabaye ku wa gatandatu w’icyumweru gishize, ribera mupaka ugabanya ibihugu byombi uri mu karere ka Moyo.

Igisirikare cya Uganda cyavuze ko mbere y’uko habaho ukurasana, abasirikare barindwi ba Sudani y’Epfo bambutse umupaka bakinjira muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko, basabwa kugira amabwiriza bubahiriza bakazana amananiza.

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Richard Karemire, yavuze ko umusirikare umwe muri bariya basirikare ba Sudani y’Epfo, ari we wari wambaye impuzankano, gusa ngo bose bari bafite imbunda.

Ngo bari barenze ku mupaka ugabanya igihigu cyabo na Uganda ho ikilometero kimwe n’igice, mbere yo kubonwa n’abasirikare ba Uganda bakorera ahitwa Goboro.

Brig Karemire yagize ati: “Bagihagarikwa banze gukurikiza amabwiriza, abasirikare ba UPDF barindaga umupaka bararasa bahita bica 04, abandi basigaye biruka basubira hakurya y’umupaka.”

Umu Ofisiye wa Sudani y’Amajyepfo witwa Isaac ukorera mu gace ka Arua, yemeje ko abasirikare bose bishwe ari aba Sudani y’Epfo.

Mu gitondo cy’ejo ku cyumweru ni bwo Uganda ihagarariwe na Lt Col Sebugenye na Maj Kennedy, yashyikirije imirambo itatu y’abasirikare bari babonetse Sudani y’Amajyepfo yari ihagarariwe na Col Kamilo John Kamilo cyo kimwe na Col Gochi Deng Yak. Ni igikorwa cyabereye ku mupaka wa Afoji mu karere ka Moyo.

Umurambo w’umusirikare wa kane wabonetse kuri uyu wa mbere ku ruhande rwa Sudani y’Epfo.

Karemire yavuze ko uretse kurasa bariya basirikare, Uganda yanafashe imbunda eshanu zabo kuri ubu ziri mu maboko y’ingabo zayo zikorera ahitwa Yumbe.

Ntiharamenyekana icyo abasirikare ba Sudani y’Epfo barashwe bari bagiye gukora ku butaka bwa Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *