Ubushinjacyaha bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bwasabiye imyaka 20 y’igifungo Vital Kamerhe wahoze ari umuyobozi w’ibiro bya Perezida wa Congo Kinshasa, kubera ibyaha byo kunyereza amafaranga ya gahunda yiswe iyi’iminsi 100 ya Perezida Felix Antoine Tshisekedi.
Kamerhe wahoze ari incuti magara ya Tshisekedi ndetse n’umunyemari Jamaal Samih bashinjwa kunyereza abarirwa muri $50,000,000 yari agenewe iriya gahunda ya Tshisekedi.
Amakuru avuga ko hari imitungo Kamerhe uri mu baherwe bakomeye muri Congo Kinshasa yigwijeho mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bikarangira ayanditse ku mugore we, Amida Shatur Kamerhe, umukobwa we Soraya Mpiana, na mubyara we witwa Daniel Shangalume.
Ubwo kuri uyu wa kane iburanisha ryasubukurwaga, umushinjacyaha yasabye ko Vital Kamerhe na Jamaal Samih bafungwa imyaka 20 ndetse imitungo yabo igafatirwa.
Yasabye kandi ko Jeannot Muhima uvugwa mu kugira uruhare mu inyerezwa ry’ariya mafaranga ahita atabwa muri yombi.
Ikindi ni uko Kamerhe ahabwa imyaka icumi atemererwa kujya mu mwanya uwo ariwo wose wa Leta ya Congo Kinshasa, ndetse akamburwa uburenganzira bwo kugira uruhare mu bikorwa by’amatora nk’uko Radio Okapi yabitangaje.
Kuri Jammal Samih ukomoka muri Liban, umushinjacyaha yamusabiye gusubizwa mu gihugu akomokamo kandi akabuzwa kongera gukandagira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kurangiza igihano cye.
Ubushinjacyaha bwasabiye Vital Kamerhe na Jammal Samih gufungwa, mu gihe mu itangira ry’iburanisha bari basabiwe kwishyura Leta ya Congo miliyoni 47 z’amadorali banyereje ndetse bakanayiha indishyi za miliyoni 100 nk’uko byasabwe n’umunyamategeko witwa Me Coco Kayudi.


