Perezida Kagame yitabiriye inama ya AU yiga ku ngamba zo guhangana na Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2020 yitabiriye inama yahurije hamwe Komite Nyobozi y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, abanyamabanga b’Imiryango Nyafurika y’ibihugu n’intumwa zihariye z’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, inama ikaba yari igamije kwigira hamwe ingamba zafasha ibihugu kurandura icyorezo cya Coronavirus.

Iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga rihuza amashusho (Video Conference) yari iyobowe na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Mu ijambo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yafashe, muri iyi nama yashimiye uburyo inzego zitandukanye zitwaye muri ibi bihe bidasanzwe byo guhangana n’icyorezo cya Covid-19. Perezida Kagame kandi yagaragaje intambwe imaze guterwa n’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ahagarariye mu kurwanya iki cyorezo, agaragaza n’imbogamizi ibi bihugu bigihura nayo muri uru rugamba rwo kugikumira.

Perezida Kagame, akaba n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba yagaragarije abari muri nama ko uyu muryango ugifite ibibazo mu cy’ubwumvikane hagati y’ibihugu bimwe mu gufatira hamwe ingamba zigamije kurwanya ikwirakwira ry’iki cyorezo hagati y’ibihugu biwugize, ariko avuga ko bikiri kwigwaho kandi bizakemuka vuba.

Yagize ati “ Muby’ukuri, mu gace ka Afurika y’Iburasirazuba turacyafite ibibazo bike byo kwigaho ntari buze gufatira umwanya munini muri iyi nama, ariko tuzakomeza kubikoraho dushake uko twagira uburyo twumvira hamwe ubukana bw’iki cyorezo n’uburyo bwo kukitwaramo.”

Perezida Kagame kandi yagarutse no ku rupfu rutunguranye rwa Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi uherutse kwitaba Imana, anihanganisha iki gihugu n’abaturage bacyo muri rusange muri ibi bihe bitoroshye barimo.

Yakomeje ashimira intumwa esheshatu zihariye z’Afurika mu Muryango w’Abibumbye (ONU) ku kazi gakomeye zakoze muri uyu muryango ko guhagararira Afurika no guharanira icyayiteza imbere, ashimira ‘n’inzego z’ubuzima ku bwitange ziri kugaragaza muri ibi bihe Afurika n’isi muri rusange bihanganye n’icyorezo cya Covid-19.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *