Abashoferi ba Tanzania barashinja ab’inzego z’ubuzima muri Kenya kubaka ruswa ngo bemeze ko batarwaye Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Abashoferi bo muri Tanzania batwara amakamyo bakomeje gushinja abakora mu nzego z’ubuzima muri Kenya bakora ku mipaka ihuza ibihugu byombi kubaka ruswa ngo babahe ibyemezo byerekana ko batanduye icyorezo cya Covid-19, babone kwinjira muri Kenya.

Aba bashoferi babwiye ikinyamakuru The Standard ko abakozi b’inzego z’ubuzima muri Kenya bashinzwe gusuzuma coronavirus abinjira ku mupaka wa Namanga babaka ruswa iri hagati y’amafaranga 2000 n’3000 by’amashilingi ya Kenya, uwanze kuyatanga bakamwima icyemezo kimwemerera kwinjira mu gihugu akabwirwa ko yanduye nyamara nta bwandu bwa Covid-19 afite.

Uwitwa Herman Jirani yagize Ati ”Akenshi dupimwa tumaze kwinjira ku butaka bwa Kenya. Ubu ibyumweru bibiri birashize mbwiwe ko nanduye nangirwa kwinjira. Sinigeze ngira aho njyanwa kwitabwaho n’abaganga kandi numva ndi muzima, ariko ikibabaje nuko iyo wemeye gutanga amafaranga bahita bahindura ibisubizo.”

Undi mushoferi utatangarijwe amazina yagize Ati: ”Nta kibazo mfite cy’ubuzima. Ntabwo ndwaye. Hashize ibyumweru bibiri ngeze hano (ku mupaka). Iyo upimwe ugasanga waranduye ntiwemererwa gukomeza urugendo rwawe, ariko nyuma y’ibyo hari abakozi bakwereka ibisubizo byawe barangiza bakakwaka KSh 3000 cyangwa KSh 2000 kugirango bagaragaze ko utigeze wandura.”

Ku itariki 16 Gicurasi 2020 nibwo Perezida Uhuru Kenyata wa Kenya yategetse ko imipaka ihuza Tanzania na Kenya ifungwa ariko imodoka zikoreye imizigo zo zigakomeza kwinjra nk’uko bisanzwe.

Minisiteri y’Ubuzima muri Kenya yashyizeho ibwiriza ko abashoferi baza bagomba kujya babanza gupimwa bagahabwa ibisubizo mugihe kitarenze amasaha 48, abanduye bahashyirwa mu kato, abataranduye bagahabwa ibyemezo byerekana ko ari bazima (Certificate) bibemerera gukomeza ingendo zabo.

Kugeza ubu Kenya imaze kugira abarwayi 3457 banduye Covid-19 harimo 152 babonetse ejo tariki 13 Kamena, naho abantu 100 bakaba bamaze kwicwa nayo. Ibipimo byose bimaze gufatwa muri iki gihugu ni 112,171 kuva iki cyorezo cyahagera.

Ni mu gihe Tanzania yo igiye kumara amezi abiri idatangaza imibare y’abanduye ikaba iheruka gutangaza mu ntangiro z’ukwezi gushize ko abantu 508 aribo bamaze kwandura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *