Burundi: Abarwanashyaka 3 ba CNL bafunzwe bazira kwishimira urupfu rwa Nkurunziza

Sangiza iyi nkuru

Muri Komine Mugina, Intara ya Cibitoke mu Burundi, abarwanashyaka batatu b’ishyaka CNL riherutse gutsindwa amatora y’Umukuru w’Igihugu bamaze gufungwa bazira kwishimira urupfu rwa Perezida Pierre Nkurunziza wapfuye tariki 08 Kamena 2020.

Emmanuel Manirakiza, Jean Nzoyisaba na Fabien Nzeyimana, bombi bakaba abayoboke b’ishyaka CNL rya Agathon Rwasa watsinzwe mu matora y’Umukuru w’igihugu, batawe muri yombi n’umutwe w’urubyiruko rwo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi ruzwi nk’Imbonerakure nyuma yo guhabwa amabwiriza na bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze.

Aba bose uko ari batatu bafatiwe ahitwa Ruziba muri Komini Mugina ho mu Ntara ya Cibitoke, mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’u Burundi nk’uko SOS Media Burundi ibitangaza, bivugwa ko bafungiwe muri ahantu hatari hamenyekana n’ubwo uburyo baba barakozemo iki cyaha butatangajwe.

Abagize imiryango y’aba bafunzwe bo babwiye SOS Media Burundi ko ibyo bagenzi babo bashinjwa ari ukubaharabika kuko ”kwishima hejuru y’urupfu rw’Umukuru w’igihugu ntabyo bakoze ahubwo Imbonerakure zaje zibafata buri umwe ku giti cye zimusanze mu rugo.” Umuyobobozi wa Komini Mugina, Jovith Bayavuge we yatangaje ko hatangiye gukorwa iperereza ku cyaha aba bagabo baregwa.

Kuva Guverinoma y’u Burundi yatangaza mu cyumweru gishize ko uwari Perezida Pierre Nkurunziza yapfiriye mu bitaro bya Karuzi yishwe n’indwara y’umutima, Leta yasabye abaturage gukomera kandi bakitonda muri iki gihe igihugu kiri mu bihe bidasanzwe byo kumwunamira.

Ni mu gihe amakuru akomeje kugenda aturuka muri iki gihugu avuga ko umutwe w’insoresore z’Imbonerakure wari warashinzwe na Nkurunziza wahise utangira kujya wibasira abari basanzwe bazwiho kutavugwa rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza, by’umwihariko aari kwibasirwa bakaba ari abayoboke b’ishyaka CNL ritigeze ryishimira ibyavuye mu matora amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye tariki 20 Gicurasi 2020.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *