Kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Ugushyingo, minisiteri y’ubuzima ya Ethiopia yatangaje ko abantu batatu bemejwe ko banduye virusi ya Marburg bapfuye, mu gihe abandi batatu bapfuye bakekwaho kuba baranduye indi ndwara yandura yo kuva amaraso.
Iri tangazo rikurikira icyemezo cya Ethiopia cyo kwemera ko icyorezo cya Marburg, cyandura cyane cyo kuva amaraso ahantu hose cyagaragaye mu mujyi wo mu karere ko mu majyepfo ya Ethiopia kandi abantu 9 bamaze kucyandura.
Laboratoire y’ishuri rikuru ry’ubuvuzi muri Ethiopia yemeje ko batatu bapfuye bazize virusi.
Minisiteri ntiyatanze umubare mushya w’abanduye muri rusange ariko ivuga ko abantu 129 bahuye n’abanduye bemejwe, bari mu kato kandi ko bakurikiranwa.”
Marburg, ikomoka mu muryango umwe wa virusi na Ebola, akenshi igaragazwa n’uburibwe bukabije bw’umutwe no kuva amaraso ahantu hose hari umwenge.


