G7KzyQ5X0AAaffs

Indege za FARDC zibasiye ibice bituwe muri Nyabiondo

Sangiza iyi nkuru

Indege zitagira abadereva z’ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa kuri uyu wa Kabiri zagabye igitero ku baturage i Nyabiondo, muri Teritwari ya Masisi nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka.

Uruhande rwegereye Leta ya Kinshaasa rwo ruvuga ko mu gihe imirwano ikomeje hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba, ibirindiro by’inyeshyamba i Bususu, hafi y’Itorero Néo Apostolique ryegeranye na Nyabiondo (i Masisi) muri Kivu y’Amajyaruguru, byagabweho igitero cy’indege cya FARDC ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Ukuboza.

Baravuga ko inyeshyamba za AFC / M23 zatatanye nyuma y’uko ibisasu biguye aho hantu nk’uko bitangazwa na  ACTUALITE.CD.

Ayo makuru tutabasha kugenzura avuga ko ibirindiro bya Bususu byahinduwe umuyonga. Ibintu kandi ngo bikomeje kuba bibi muri Nyabiondo no mu bice byegeranye.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *