Amasezerano y’amahoro hagati ya DRC n’u Rwanda, Perezida Félix Tshisekedi na Paul Kagame bitegura kwemeza kuri uyu wa Kane, itariki ya 4 Ukuboza, i Washington, “ntabwo ari ukugurisha amabuye y’agaciro Abanyamerika.” Ibi byashimangiwe n’Umuvugizi wa Perezida wa Congo, Tina Salama, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru i Washington ari kumwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya.
Ubusugire ku mutungo buzakomeza kuba ubwa Congo. Tina Salama yakomeje agira ati: “Aya si amahoro nk’ingurane y’amabuye y’agaciro nk’uko byavuzwe. Ahubwo ni ugutekanisha umutungo w’amabuye y’agaciro kugira ngo tubuze intambara iterwa inkunga.”

Yakomeje agira ati: “Ntabwo ari uburyo bwo kwiyoberanya. Ubu buryo buhuriweho, buraringaniye, kandi bwashyizweho mu buryo bwemewe n’amategeko”.
Umuvugizi wa Tshisekedi akomeza avuga ko aya masezerano adasobanura “kugabana uturere cyangwa parike z’igihugu.” Urugero, Ibirunga, bizakomeza kuba rwose ibya Congo, nta mananiza cyangwa umwihariko.


