thumbs_b_c_58e45fa2b35c846439fca0883b5a2f71

AFC/M23 yirukanye FARDC n’abayifasha mu birindiro 2 by’ingenzi i Kaziba

Sangiza iyi nkuru

Ku munsi wa gatatu wikurikiranya w’imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 hamwe n’Ingabo za FARDC (Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo) ifatanyije na Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi kuri uyu wa Kane yakomeje i Kaziba, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Amakuru agera ku rubuga rwa Tazama RDC aturuka muri icyo gice, aravuga ko M23 imaze kwirukana FARDC n’abafatanyabikorwa bayo mu birindiro bibiri by’ingenzi muri iki gitondo cyo kuwa Kane, itariki 4 Ukuboza 2025.

Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo baracyagerageza kurinda ibirindiro bimwe na bimwe ariko bikomeje kugira ingufu nkeya nk’uko amakuru amwe abitangaza.

Kuri axe ya Katogota-Kamanyola, ibintu bikomeje gutuza muri iki gitondo, ariko bishobora guhinduka akanya ako ari ko kose. Hagati aho ntabwo wapfa kumenya ugenzura agace ka Katogota hagati ya M23 cyangwa FARDC n’abayifasha.

Capture 1

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *