Abantu bagera kuri 20 bakurikiranweho kunyereza miliyari 10 z’amafaranga y’u Rwanda mu mushinga wo kwinjiza ifumbire mvaruganda mu gihugu yo kongera umusaruro w’ubuhinzi.
Ahagana mu 2008 kugeza 2013 leta y’u Rwanda yashoye imari mu mushinga wo kuzana ifumbire no kuyigurisha ku bahinzi mu gihugu hagamijwe kongera umusaruro w’ubuhinzi.
Mu mwaka 2014, Raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta yagaragaje ko uyu mushinga wanyererejwemo amafaranga menshi .
Mu 2017 hashinzwe itsinda rihuriwemo na Minisiteri y’Ubuhinzi, ubutabera, ubutegetsi bw’igihugu, polisi n’urwego rw’iperereza ku byaha ngo bakore iperereza ku bakekwaho kunyereza imari muri iyo gahunda.
Ibyavuye muri iri perereza byashyikirijwe ibiro bya Minisitiri w’Intebe muri Werurwe 2019.
Umwe mu bakoze iri perereza aganira na BBC yavuze ko basanze haranyerejwe umutungo wa leta urenga miliyari 10 z’amafaranga y’u Rwanda. Abantu bagera kuri 20 barimo abikorera ku giti cyabo na bamwe mu bari abakozi ba leta ku nzego nkuru bagize uruhare mu inyerezwa ry’ayo mafaranga..
Dominique Bahorera, Umuvugizi wa RIB, yavuze ko hari abantu baherutse gufatwa bagafungwa abandi bakaba bari gukurikiranwa badafunze, kubera iki kibazo.
Agira ati: “Barahari batandukanye bakurikiranyweho kuba baranyereje umutungo wa leta, abenshi bahawe ayo mafumbire ngo bayagurishe abahinzi ariko amafaranga aho kugira ngo bayasubize leta bayishyirira mu mifuka yabo. Kugeza ubu dufite abantu batandatu bafunze, hari n’abari gukurikiranwa bagize uruhare mu inyerezwa ry’amafumbire, turacyakora iperereza”.
Inkuru ya BBC ikomeza ivuga ko mu bakurikiranweho iki cyaha harimo umusenateri mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda .



2 Responses
Abagera kuri 20 bakurukiranweho kunyereza miliyari 10 RWF zagenewe ifumbire
Ese birshoboka ko amazina y’abantu nk’abo yajya atanganzwa kugirango abanyarwanda baba babafiteho andi makuru bayatange? Ahari byagabanya ubujura bumvise ko amazina yabo ashyirwa ku karubanda.
Abagera kuri 20 bakurukiranweho kunyereza miliyari 10 RWF zagenewe ifumbire
Ese birshoboka ko amazina y’abantu nk’abo yajya atanganzwa kugirango abanyarwanda baba babafiteho andi makuru bayatange? Ahari byagabanya ubujura bumvise ko amazina yabo ashyirwa ku karubanda.