Kuri uyu wa Mbere ushize, Guverinoma ya Nigeria yabohoje abanyeshuri 100 bashimuswe mu kwezi gushize mu ishuri ry’Abagatolika muri Leta ya Niger, muri bumwe mu bushimusi bukabije bubaye muri iki gihugu mu myaka ishize.
Abanyeshuri bageze mu nzu ya leta mu murwa mukuru wa Leta ya Niger, Minna bashyikirizwa guverineri wa leta nk’uko inkuru dukesha Reuters ivuga.
Perezida Bola Tinubu yishimiye gutabarwa agira ati: “Amabwiriza yanjye ku nzego z’umutekano akomeje kuba ko abanyeshuri bose ndetse n’abandi Banyanijeriya bashimuswe mu gihugu hose bagomba gutabarwa bagasubizwa mu rugo amahoro. Tugomba kubara abahohotewe bose”.
Abayobozi ba guverinoma ya Tinubu na Nigeria ntacyo batangaje ku mugaragaro ku kuntu uko gutabarwa kwakozwe, kandi ntiharamenyekana niba abo bana bararekuwe binyuze mu mishyikirano, kwishyura ingurane cyangwa igikorwa cya gisirikare.
Abana basaga 300 ni bo baherutse gushimutirwa ku ishuri gaturika ryitiriwe mutagatifu Maria, aho 50 muri bivugwa ko batorotse nyuma y’aho abandi kimwe n’abakozi bo kuri iri shuri basigara mu maboko ya ba rushimusi.


