FB_IMG_16521943945713763

Ifatwa rya Uvira ryateje umwiryane muri politiki ya RD Congo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Ukuboza, kwinjira kw’inyeshyamba za M23 mu Mujyi wa Uvira (Kivu y’Amajyepfo), bikomeje gutera kutavugwaho rumwe muri politiki ya Congo. Mu gihe bamwe bashyigikiye ko imishyikirano yatangira vuba kugira ngo hirindwe gukomeza ikibazo cy’umutekano, abandi barasaba ko abayobozi babibazwa.

JuvĂ©nal Munubo, umukada w’Ihuriro riri ku butegetsi, Union sacrĂ©e, akaba yarahoze ari umudepite ku rwego rw’igihugu, yemeza ko uko ibintu bimeze ubu bigomba gukemurwa binyuze mu biganiro.

Ku bwe, intego ya M23 ni ugushyira igitutu kuri guverinoma kugira ngo yongere gusubira mu biganiro bya Doha. Arasaba rero ko ibiganiro byahita byongera bigasubukurwa byihuse na AFC / M23 kugira ngo hirindwe ko ikibazo cy’umutekano gifata intera kurushaho.

Agasuzuguro ku gihugu kuri bamwe

Kuba inyeshyamba zarinjiye muri Uvira ingabo z’igihugu zitiriwe zinahanyanyaza, bifatwa na bamwe mu banyapolitiki nk’agasuzuguro ku gihugu. Uku gufatwa k’umujyi w’ingenzi muri Kivu y’Amajyepfo bigaragaza ibibazo by’umutekano muke kandi byateye kunenga abayobozi bashinzwe gukemura iki kibazo.

Jean-Baptiste Muhindo Kasekwa, umuntu utavuga rumwe n’ubutegetsi akaba n’umwe mu bagize ihuriro rya Lamuka, ashimangira ko hakenewe ukuri no kubaza abantu inshingano zabo. Ku bwe, igihe kirageze ko abayobozi batange ibisobanuro kuri iki kibazo.

Aba banyapolitiki batangaga ibitekerezo mu kiganiro kuri gahunda y’ “Ibiganiro Hagati y’Abanyekongo” kuri Radio Okapi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *