Leta ya Canada yatangaje ko yabuze irengero ry’Abanyamahanga basaga 34000 bari baragiye gusaba ubuhungiro muri iki gihugu ariko ntibabuhabwe, ikaba yarabashakishije ngo ibasubize mu bihugu byabo ariko ikababura.
Canada ivuga ko muri aba harimo n’abarenga 3000 bari bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye bakoreye mu bihugu byabo bakaba bari barashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi nk’uko ibiro by’Umugenzuzi Mukuru muri iki gihugu byabitangaje.
Ikigo cya Leta gishinzwe kugenzura imipaka muri Canada (CBSA), ari nacyo cyari cyahawe inshingano zo gucyura aba banyamahanga babarirwa mu 34000 nyuma yo kwimwa ubuhungiro cyatangaje ko cyabashatse mu gihugu kikababura nyuma y’iminsi mike Leta itangaje ko bagomba gusubizwa mu bihugu byabo.
Guverinoma ya Canada itangaza ko mu myaka itatu ishize abimukira n’abanyamahanga baturutse mu bihugu bitandukanye byiganjemo ibyo ku mugabane w’Afurika na Asia biyongereye cyane, aho nko mu 2017 iki gihugu cyabaruraga abimukira bagera ku 50,000 ku butaka bwacyo ariko mu 2019 bakaba barazamutse bakagera ku 64,000 bamwe muribo bakaba baragiye basubizwa mu bihugu byabo.
Radio Ijwi ry’Amerika yatangaje ko aba bimukira Canada yaburiye irengero baturuka mu bihugu 15. Afghanistan, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Haiti na Iraq bikaba aribyo bifitemo benshi.


