Lt-Gen-Philemon-Yva-yatawe-muri-yombi-Foto-Internet

Gutunga nimero ya telephone ya Kabarebe bishobora kuzicisha Gen. Philemon Yav

Sangiza iyi nkuru

Gutunga nimero ya telephone ya Gen. (Rtd) James Kabarebe, kwa Lt. Gen. Yav Philemon wa FARDC, bishobora kuzamucisha umutwe cyangwa bikamufungisha ubuzima bwe bwose nyuma y’uko urubanza rwe rutangiye ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu ushize nyuma y’imyaka isaga 3 muri gereza.

Ku wa Gatanu, itariki ya 19 Ukuboza 2025, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwatangiye kuburanisha, urubanza rwa Lt. Gen. PhilĂ©mon Yav Irung, uzwi kandi ku izina rya “Tigre.” Nk’uko bigaragara mu nyandiko y’ibirego y’urukiko yasomwe n’umwanditsi, uwahoze ari umuyobozi w’akarere ka 3 ka gisirikare ka FARDC arashinjwa kugambanira igihugu, kugira uruhare mu mutwe wigometese ku butegetsi, no gushishikariza abasirikare gukora ibikorwa binyuranyije n’inshingano cyangwa disipuline ibaranga.

Urubanza rwayobowe na Joseph Mutombo Katalay, Perezida wa mbere w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare (HCM) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), aho iburanisha rya mbere ryibanze ku kumenya uregwa, mbere y’uko umwanditsi asoma inyandiko y’ibirego. Ubushinjacyaha bukomeza buvuga ko uregwa yakoze ibikorwa by’ubugambanyi akomeza kugirana umubano n’ingabo z’amahanga, cyane cyane u Rwanda.

Ati: “Nk’umuyobozi w’akarere ka 3 ka gisirikare na komanda w’ibikorwa bya gisirikare mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, [yeretse] Gen. Major Peter Cirimwami Nkuba ubutumwa bukurikira, bwazanwe na Sinkonko CĂ©lestin, umunyamabanga wihariye wa General James Kabarebe wa Repubulika y’u Rwanda, igihugu kiregwa gushyigikira abaterabwoba ba M23.

Inkuru dukesha ACTUALITE.CD ivuga ko ubutumwa bwagiraga buti: “Uyu Peter Cirimwami Nkuba aratinza cyane umushinga wacu.”

Umwanditsi yagize ati: “Ibi bikorwa biteganijwe kandi bihanishwa ingingo ya 128, igika cya 3, yo mu gitabo cy’amategeko ahana ya gisirikare”.

Yakomeje agira ati: “Mu kiganiro yagiranye muri Hotel Serena na Brig. Gen. Mwehu Lumbu Évariste, [yamwemereye] kumubuza kujya kurwanya umwanzi, agira ati: ‘Mwehu, ni gute ushobora, umujenerali nkawe, guhora uri ku rugamba? Ntuzi ko intsinzi ushobora kugeraho ku rugamba izagirira akamaro A-Bangala? Wowe, ntabwo tuzakubona”

Umwanditsi yongeyeho ati: “Iki gikorwa giteganijwe kandi gihanishwa ingingo ya 88 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ya gisirikare.”

Mbere y’ibi, nk’uko ishami ry’itumanaho ry’urukiko rukuru ryasobanuye, hakurikijwe ingingo ya 27 y’igitabo cy’amategeko y’ubucamanza bwa gisirikare, abacamanza batatu b’abalayiki, batarabaye abacamanza, bararahiye, barahira imbere y’Imana n’igihugu kuzuza inshingano zabo mu budahemuka, gukomeza ibanga ry’ibiganiro, no gucira imanza ababagejejweho nta rwango, ubwoba, cyangwa kubogama, ariko bafite ubushake bwo kubahiriza amategeko. Muri bo harimo, Liyetona Jenerali LĂ©on Richard Kasonga, Komiseri Mukuru wa Polisi y’igihugu muri iki gihe Benjamin Alongaboni, n’abandi.

Kuva mu 2020, PhilĂ©mon Yav Irung yoherejwe mu burasirazuba bwa DRC, aho yagizwe umuyobozi w’akarere ka gatatu ka gisirikare k’Ingabo za Repubulika Iya Demokarasi ya Congo (FARDC). Aka karere gafatika muri gahunda yo kwirwanaho ya Congo gakubiyemo intara za Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Ituri, Maniema, na Tshopo. Uru rubanza rutangiye nyuma y’imyaka itatu atawe muri yombi muri Nzeri 2022.

PhilĂ©mon Yav, ari mu bajenerali bavuka mu karere ka Katanga abanyapolitiki benshi, cyane cyane uwahoze ari umukuru w’igihugu, Joseph Kabila, adasiba kuvuga agaragaza ihezwa ry’abasirikare bakuru bavuka muri aka karere ku butegetsi bwa FĂ©lix Tshisekedi. Ibyo birego bihora biterwa utwatsi n’Igisirikare cya Congo. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wacyo, Sylvain Ekenge, iyo winjiye mu gisirikare, nta bwoko buba bukiriho, yemeza ko kubaza no guta muri yombi bamwe mu basirikare bakuru bikorwa hakurikijwe amategeko ya gisirikare.

Nyuma y’iburanisha ribanza, iritaha riteganijwe umwaka utaha, ni ukuvuga ku wa Kabiri, ku itariki 6 Mutarama 2025.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *