Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yatangaje ko Umukongomani, Emmanuel Bola Lobota nta kipe n’imwe mu Rwanda abarizwamo, mu rwego rwo gusubiza mugenzi we wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles KNC ushinja Rayon Sports guca ku ruhande ikaganiriza abakinnyi bafite amasezeramo mu ikipe ye.
Ku wa Kane tariki ya 10 Nyakanga, Gasogi United yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, irega Rayon Sports ishinja imyitwarire mibi yo kwivanga mu buzima bw’imbere bwayo.
Mu ibaruwa yashyizweho umukono na KNC, yavuze ko Gasogi United “Ibabajwe n’myitwarire mibi ya Rayon yivanga mu buzima bwite [bwayo] aho igirana ibiganiro n’abakinnyi bacu bafite amasezerano tutabizi igamije kurangaza ikipe yacu.”
Muri iyo baruwa, Gasogi United yashinje Rayon Sports kugirana ibiganiro binyuranyije n’amategeko n’abakinnyi bayo, barimo Umukongomani, Emmanuel Bola Lobota ivuga ko ayifitiye amasezerano y’umwaka umwe.
Perezida wa Rayon Sports abinyujije kuri Twitter ye, yavuze ko Bola Lobota akiri umukinnyi wa AS Maniema, bityo akaba nta kipe n’imwe abarizwamo mu Rwanda.
Yagize ati: “Bola Lobota ni Umukinnyi wa Maniema Union ya Kindu/RDC, nta Equipe n’imwe abarizwamo mu Rwanda kuko nta Transfert Mpuzamahanga yaribwamuzane mu rwa Gasabo. Aho gushakira ibibazo muri Rayon Sports, abumva ko ari uwabo bakwihutisha ibijyanye n’iyo Transfert bagira amahirwe bakayibona.”
Perezida Sadate avuga ko Lobota nta kipe arasinyira mu Rwanda, mu gihe ku wa 23 Kamena Gasogi United ibinyujije kuri Twitter yayo yemeje ko yamaze gusinyisha uwo mukinnyi amasezerano y’umwaka umwe.
Icyo gihe yagize iti: “Birabaye birabaye! Misile Mpuzamahanga kirimbuzi akaba ari Bola Lobota Emmanuel, rutahizamu mpuzamahanga ukinira ikipe y’igihugu ya Congo. Yamaze gusinyira ikipe ya Gasogi United amasezerano y’imyaka ibiri. Ibyishimo ni yo ntego.”
Gasogi yavuze ko Emmanuel Bola Lobota w’imyaka 20 y’amavuko, yakiniraga ikipe ya AS Vita Club y’iwabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba anasanzwe ahamagarwa mu kipe y’igihugu, Les Léopards.
Mbere y’aho Bola Lobota yari yarigeze kuza muri Rayon Sports muri Kamena 2019, ariko birangira atumvikanye na yo. Gasogi United yatangaje ko yamusinyishije mu gihe byavugwaga ko Rayon Sports ishaka kumugura miliyoni 18 Frw, igice kinini kikaba ideni, akajya ahembwa 800,000 Frw.


