FILE PHOTO: Abu Ubaida, the spokesman of the Izz el-Deen al-Qassam Brigades, gestures as he speaks during an anti-Israel military show in the southern Gaza Strip

Hamas yemeje urupfu rwa Abu Obeida wari umuvugizi w’ishami rya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa Hamas w’Abanyapalestine wemeje iyicwa ry’Umuvugizi w’ishami ryawo rya gisirikare uzwi ku izina rya ⁠Abu Obeida, na Mohammed Sinwar wahoze ayobora uyu mutwe muri Gaza, bombi baguye mu ntambara yo muri Gaza mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Mu itangazo rya videwo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, Brigade ya al-Qassam, ishami rya gisirikare rya Hamas, ryemeje urupfu rw’umuvugizi wayo wamaze igihe kinini ayivugira, ndetse itangaza umuvugizi mushya wari wipfutse mu maso.

Iyi ni inshuro ya mbere Hamas yemeje ku mugaragaro urupfu rw’uyu muyobozi wagize uruhare runini mu bijyanye no gutanga amakuru y’uyu mutwe mu ntambara yamaze imyaka ibiri ibera muri Gaza.

Muri iryo tangazo ryashyizwe ahagaragara nk’uko Al Jazeera ivuga , umuvugizi mushya yatangaje bwa mbere umwirondoro nyawo wa Abu Obeida, avuga ko izina rye bwite ari Hudhayfah Samir Abdullah al-Kahlout.

Ati: “Turatangaza twishimye kwitangira Imana k’umuyobozi ukomeye… Abu Obeida”. “Twarazwe inshingano ze.”

Muri Gicurasi, Igisirikare cya Israel cyavuze ko kishe Mohammed Sinwar, murumuna wa Yahya Sinwar wahoze ayobora Hamas. Nyuma y’amezi atatu, cyatangaje ko Abu Obeida na we yishwe.

Brigade ya Qassam, yemeje kandi urupfu rw’abandi bayobozi benshi bo mu rwego rwo hejuru, barimo Mohammed Shabanah, umuyobozi wa Brigade ya Rafah, hamwe n’abandi bayobozi babiri, Hakam al-Issa, na Raed Saad.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *