Malawi: Saulos Chilima uherutse kugirwa Visi-Perezida yarusimbutse

Sangiza iyi nkuru

Imwe mu modoka zari ziherekeje Saulos Chilima uherutse kugirwa Visi-Perezida w’igihugu cya Malawi, yakoze impanuka kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Nyakanga 2020, babiri bahasiga ubuzima.

Ni impanuka yabereye hafi y’ahitwa Phalula mu gace ka Bakala, ubwo Visi-Perezida Chilima yavaga ahitwa Blantyre aho yari yagiye kugirana inama n’abikorera bo muri ako gace, yerekeza i Lilongwe mu murwa mukuru wa Malawi.

Umuvugizi wa Visi Perezida Saulos Chilima witwa Pilirani Phiri, yemeje amakuru y’iriya mpanuka gusa avuga ko yizera ko Visi-Perezida wa Malawi ameze neza.

Phiri yasobanuye ko imodoka yari inyuma y’izindi mu zari ziherekeje uriya mutegetsi ari yo yateje impanuka, bikarangira umushoferi wari uyitwaye akomeretse bikabije.

Itangazo yasohoye riragira riti: “Impanuka yakozwe n’imwe mu modoka zari ziherekeje [Visi-perezida] yagonganye n’indi modoka ya Toyota Vitz yaturukaga mu kindi cyerekezo irimo abantu bane, hari ubwoba bw’uko babiri muri bo bapfuye.”

Itangazo rikomeza rigira riti: “Abandi babiri bihutiye kugezwa ku bitaro cyo kimwe n’umushoferi w’imodoka yari iherekeje. Visi-perezida ntabwo yigeze agirwaho ingaruka mu buryo ubwo ari bwo bwose kandi ameze neza.”

Amakuru avuga ko nyuma y’iyo mpanuka Polisi yo mu gace ka Balaka yahise itangira gukusanya amakuru ngo hamenyekane ikiyihishe inyuma, gusa ibyavuye mu iperereza ntibiratangazwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *