Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Ukuboza, yamuritse Bisi y’akataraboneka iheruka kugura.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yamuritse iriya modoka ibinyujije mu mafoto yayo yashyize ku rubuga rwayo rwa X.
Iyi Bisi nshya izajya itwara ikipe ya APR FC, uhereye kuri uyu wa Gatandatu ubwo iyi kipe iza kuba yesurana na mukeba wayo Rayon Sports, mu mukino wa Super Coupe ubera kuri Stade Amahoro i Remera.
Bisi nshya ya APR FC yakozwe n’uruganda rwa Mercedes rwo mu Budage.
Amakuru avuga ko iriya modoka ifite agaciro ka $300,000 na 600,000 (Frw ahari hagati ya miliyoni 430 na 860).




One Response
byiza pee