Gatsibo: 42 bafashwe basenga batubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Polisi y’Igihugu yatangaje ko yafashe abantu 42 bo mu karere ka Gatsibo bakoraga amasengesho mu buryo butemewe, aho basengeraga mu gisambu kandi batanubahirije amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

Bafashwe kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Nyakanga, aho basengeraga ku musozi wo mu murenge wa Rugarama wo mu karere ka Gatsibo. Aba bose bari barenze ku mabwiriza ya Leta abuza abantu guteranira ahantu hamwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

Nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza kandi, aba basengaga nta bwiriza na rimwe ryo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo bari bubahirije kuko nta wari wambaye agapfukamunwa, nta ntera yari hagati y’umuntu n’undi ndetse nta n’amazi yo gukaraba mu ntoki yari aho bari bateraniye kandi baturutse ahantu hatandukanye, ibyo byose bikaba byatuma banduzanya Covid-19.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Humdun Twizeyimana yatangaje ko bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.
Yagize Ati: “Abaturage baduhaye amakuru ko hari abantu barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya Coronavirus. Twahise dutegura igikorwa cyo kubafata, nibwo twabasanze bateraniye ahantu mu bisambu bari mu masengesho.”

Yakomeje Ati: “Bose bari bazi neza ko ibyo barimo bitemewe ariko babirenzeho barabikora. Bariya bantu bari baturutse ahantu hatandukanye ntawe uzi aho mugenzi we yavuye n’uko ubuzima bwe buhagaze. Hariya bari bateraniye nta bwirinzi ubwo aribwo bwose bubahirije ku buryo umwe muri bo abaye yanduye yakwanduza abandi.”

CIP Twizeyimana yashimiye abaturage batangiye bagenzi babo amakuru, anakangurira abandi gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta by’umwihariko ayo kurwanya icyorezo cya Covid-19. Yanabibukije ko uzajya uyarengaho agafatwa azajya ahanwa n’amategeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *