img-20200722-wa0017.jpg

Uko kubaka umubiri byabaye ibanga ryo kurama k’umukecuru Lorraine (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Janice Lorraine, umukecuru w’imyaka 77 y’amavuko wo mu gihugu cya Australia, ashimangira ko kuba yaragize umuco imyitozo yo guterura ibyuma (kubaka umubiri ) biri mu bituma akiri injege ku myaka ye y’amavuko.

Mu busanzwe Siporo yo guterura ibyuma isanzwe ikorwa n’abasore ndetse n’inkumi bakiri bato, ku buryo kumva umukecuru w’imyaka 70 ukora iyo siporo ari nk’igitangaza.

Lorraine uri mu bakecuru badasanzwe Isi ifite, avuga ko yatangiye kubaka umubiri ari mu kigero cy’imyaka 50, mu rwego rwo kwirinda kugira intege nke no gusaza vuba.

Uyu mukecuru wo mu gace ka Queenbeyan, muri New South Wales, avuga ko adateganya guhagarika iyi siporo vuba, akavuga kandi ko atewe ishema no kuba umukecuru wa mbere muri Australia ndetse no ku isi wubatse umubiri.

Lorraine avuga ko yatangiye guterura ibyuma afite imyaka 55 y’amavuko, akaba abifashwamo cyane n’umukunzi we w’imyaka 51 y’amavuko witwa David Kendall bamaranye imyaka 27 bakundana.

Lorraine avuga ko aterura ibyuma amasaha 3 ku munsi, ibi kandi akaba abikora mu minsi 3 buri cyumweru. Ngo mu yindi minsi isanzwe, ajya afata umwanya akagenza ibirenge urugendo rureshya na kilometro 8.

Mu gihe Australia n’Isi muri rusange bari muri gahunda ya Guma mu Rugo kubera icyorezo cya Covid-19, Lorraine we avuga ko icyo cyorezo kitigeze kimukoma mu nkokora, ngo kuko atigeze abura umwanya wo gukora siporo ze, ngo kuko “Ugushaka ari ko gushobora.”

Mu gihe bizwi ko Siporo Ngororamubiri ahanini zijyana n’ibyo kurya, Lorraine avuga ko ifunguro rye ahanini riba rigizwe n’ibiryo bidafite amavuta biri mu bimufasha cyane kubungabunga ubuzima bwe.

img-20200722-wa0017.jpg

img-20200722-wa0024.jpg

img-20200722-wa0030.jpg

img-20200722-wa0027.jpg

img-20200722-wa0028.jpg

img-20200722-wa0020_1595435376569.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *