DTHKCE4WWJMHLLEQDP73JX327E

Mu gihe Trump avuga ko Abanyafurika y’Epfo b’abazungu batotezwa, bamwe bari gusubira mu buzima bataye

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe Trump avuga ko abazungu bo muri Afurika y’Epfo aherutse gutwara muri Amerika batotezwaga, abandi barimo kugaruka mu buzima bwiza bataye. Andrew Veitch yavuye muri Afurika y’Epfo nyuma yo gufatirwaho imbunda mu modoka ye. Ariko ubu yumva muri Amerika ari ho hantu hateye akaga, aho yavuze ko kurasira abantu ahantu hahurira abantu benshi ndetse n’ihohotera rikorwa n’abashinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika biteye ubwoba.

“Abantu bararaswa ku manywa y’ihangu. Abanyamerika barimo kuraswa bakicwa”, uyu ni Veitch w’imyaka 53 wimukiye muri California mu 2003, ati: “Sinshaka gutura ahantu nkaha.”

Abayobozi mu buyobozi bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, bavuze ko abashinzwe abinjira n’abasohoka na gasutamo bari bafite ishingiro mu kurasa amasasu yahitanye abenegihugu babiri b’Abanyamerika muri Mutarama, nubwo ibimenyetso bya videwo bivuguruza ibyo bavuga.

Veitch arateganya gusubira muri Afurika y’Epfo muri uyu mwaka, akaba ari umwe mu bihumbi by’Abazungu bo muri Afurika y’Epfo bateganya gusubira iwabo, nubwo Trump yavuze ko abazungu batotezwa na guverinoma yiganjemo Abirabura muri iki gihugu.

Pretoria ivuga ko nta kimenyetso cyerekana ivangura cyangwa gutotezwa ku bazungu. Benshi muri aba bazungu bari baragiye kuva ubutegetsi bwabo bwarangira mu 1994, bavuga ko hasigaye hari ubugizi bwa nabi kandi bigoye kubona akazi, ariko benshi na bo bari gusubirayo.

Veitch ari mu bantu 12.000 basuzumye ubwenegihugu bwabo ku rubuga rwa interineti rwashyizweho na guverinoma mu Gushyingo nyuma yo gukuraho itegeko ryo mu 1995 ryambuye ubwenegihugu bamwe mu Banyafurika y’Epfo bagiye.

Bahagarariye igice cy’Abanyafrika y’Epfo baba mu mahanga. Imibare iheruka y’abatahutse, guhera mu 2022, yerekana ko muri uwo mwaka Abanyafurika y’Epfo bagera ku 15.000 batahutse.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Leon Schreiber, yatangaje ko abantu 1.000 bisubije ubwenegihugu bwabo, umubare biteganyijwe ko uziyongera mu gihe gahunda irimo gutangira.

Schreiber, umwe mu bagize ishyaka riharanira demokarasi riyobowe n’abazungu ritegeka ku bufatanye na ANC kuva mu 2024, yagize ati: “Mu byukuri, hari icyizere ku Banyafurika y’Epfo baba mu mahanga.”

Ibigo bibiri bifasha abenegihugu baba hanze kongera kwimukira mu gihugu byavuze ko umubare w’abashaka amakuru wazamutse, kandi abanyamakuru baganiriye n’Abanyafurika y’Epfo 10 batashye cyangwa bateganya gutaha, barindwi muri bo mu Burayi na batatu bo muri Amerika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *