69b31684eac4b0fcb504f66e.1

France: Hatangijwe iperereza ku byaha by’intambara muri RDC nyuma y’iyicwa ry’Umufaransakazi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 13 Werurwe, ubushinjacyaha bw’igihugu cy’u Bufaransa bushinzwe kurwanya iterabwoba bwatangaje ko hafunguwe iperereza “ku bantu batazwi kubera ubwicanyi bugize icyaha cy’intambara” muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’urupfu rw’umukozi wa Loni ukomoka mu Bufaransa.

Umukozi mu bijyanye n’ubutabazi ukomoka mu Bufaransa, Karine Buisset, wakoreraga i Goma mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita Bana, UNICEF, yiciwe mu gitero cya drone cyagabwe aho yari atuye ku itariki ya 11 Werurwe 2026.

RMIZA7ILWNCLZFYWM2ADAG3CDE

Ubuyobozi bwa AFC/M23 bwashinje FARDC kuba inyuma y’icyo gitero, buvuga ko cyari kigambiriye no guhitana abayobozi babo, cyagabwe mu gace gatuwe cyane.

Nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, bibitangaza, ngo iperereza ryashinzwe Ibiro Bikuru bishinzwe kurwanya ibyaha Byibasiye Inyokomuntu muri Gandarmerie y’Igihugu (OCLCH), rigamije kumenya “uko ibintu byagenze” no “guha ukuri imiryango y’abishwe.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *