Abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa M23 warwanyaga ubutegetsi bwa Joseph Kabila, baherereye mu Rwanda baramagana amakuru amaze iminsi avugwa ko bagenzi babo baherereye muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, baba bateza umutekano muke.
Umuryango wa Kivu Security watangaje ko tariki ya 21 Nyakanga, abagize umutwe wa M23, bagabye igitero ku ngabo z’iki gihugu mu gace ka Bikenke na Sabinyo muri Teritwari ya Rutshuru, bicamo batatu, bakomeretsamo umwe. Hakomeje gusakara andi makuru atanga impuruza ko aba bahoze ari abarwanyi bateye impungenge ku mutekano w’aka gace.
Mu itangazo ryashyizwe hanze tariki ya 25 Nyakanga 2020 na Bishop Jean Marie Runiga Lugerero uhagarariye aba bahoze ari abarwanyi mu Rwanda (bari mu nkambi i Kibungo), yavuze ko abatangaza aya makuru ari abashaka kuzitira iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro agamije kubacyura, bagasubira muri RDC.
Yakomeje ashimira Perezida Kagame na Felix Tshisekedi ku mbaraga bashyira mu nzira iganisha ku iyubahirizwa ry’amasezerano yo ku wa 12 Nyakanga 2019 hagati ya Guverinoma ya RDC n’abahoze ari abarwanyi ba M23 baba mu Rwanda. Ati: “ Dushimiye kandi dushyigikiye ingufu abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na RDC bakomeje gushyira mu iyubahirizwa ry’amasezerano yo ku ya 12/07/2019.”
Itangazo ryo ku wa 17 Nyakanga
Bertrand Bisimwa usanzwe ari umuyobozi wa politiki wa M23, yasohoye itangazo tariki ya 17 Nyakanga n’irindi rya tariki ya 22 ndetse n’uyu wa 26. Bisimwa yemera ko koko hari abarwanyi ba M23 bari ku butaka bwa RDC muri Rutshuru, bagiyeyo kuva mu 2017 bananiwe kwihanganira gutegereza aya masezerano bari ishyanga. Abo ngo bayobowe na Gen. Sultani Makenga usanzwe ahagarariye umutwe wa gisirikare wa M23.
Bertrand Bisimwa wahunganye na bamwe mu barwanyi muri Uganda, yatangaje ko nta mirwano yabaye hagati ya M23 na FARDC nk’uko ibitangazamakuru, imiryango ndetse n’abandi bakorana na bamwe bari mu nzego z’ubutasi za RDC byabitangaje, ndetse ngo nta kindi bifuza keretse ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’i Nairobi yo ku wa 12 Ukuboza 2013, basinye na Guverinoma ya RDC ubwo bari bamaze kurambika intwaro. Aya masezerano azafasha abahoze ari abarwanyi ba M23; baba abaherereye mu Rwanda n’abari mu Rwanda, gutahuka amahoro.
Yemeje ko aba bagenzi babo bari muri RDC bagiyeyo batabimenyesheje ubuyobozi bukuru bwa M23, bityo n’ibyo bakora bitakwitirirwa uyu mutwe wose, ahubwo Guverinoma ya RDC yashaka ukundi igikemura.
Muri make, abahoze ari abarwanyi ba M23, by’umwihariko abari muri RDC ngo nta gikorwa cyo guhungabanya umutekano bagambiriye kuko bashyigikiye inzira y’amahoro nk’uko bikubiye mu masezerano yasinyiwe i Addis Abeba muri Ethiopia yo muri Nyakanga 2019. Kuba bari muri Rutshuru, ngo ni ho bategerereje iyubahirizwa ry’amasezerano abasubiza mu buzima busanzwe, ababishaka bakajya mu gisirikare cy’igihugu.
M23 yamagana raporo za ICG na Kivu Security
Tariki ya 15 Nyakanga 2020, umuryango utegamiye kuri leta wa International Crisis Group washyize ahagaragara raporo yitwa ‘Democratic Republic of Congo: Ending Cyclical Violence in Ituri’ isonanura ibikorwa by’ihohoterwa bikomeje gukorerwa mu Ntara ya Ituri, byabaye akarande, abahoze ari abarwanyi ba M23 baturutse mu nkambi muri Uganda, bakaba bashinjwa kuba inyuma y’ibi bikorwa.
Uyu muryango wakomeje uvuga ko ibi bikorwa byatangiye mu 2017 ubwo aba bahoze ari abarwanyi bageraga ku butaka bwa RDC banyuze mu gace ka Kibango, binjira muri Teritwari za Aru na Djugu muri iyi ntara.
Ubuyobozi bw’aba barwanyi bwemeza ko imiryango nka ICG ikora raporo zishyingiye ku binyoma, zitagize ugushishoza no kwegera ba nyirubwite kugira ngo imenye ukuri kutabogamiye uruhande rumwe.
Butunga agatoki bamwe mu basirikare ba RDC bakora mu nzego z’iperereza nka ANR, ko ari bo bakwirakwiza aya makuru y’ibinyoma; ngo byose bigamije kuzitira inzira yo kubasubiza mu gihugu cyabo.
Abahoze ari abarwanyi ba M23 bemeza ko hari inzego z’iperereza zizewe zatanga amakuru y’impamo, izo zikaba zarashyizweho n’akanama k’umuryango w’Akarere k’Ibiyaga Bigari, ICGLR. Izo nzego zirimo EJVM (Expanded Joint Verification Mechanism) rwashyiriweho kugenzura imipaka ya RDC, u Rwanda na Uganda. Hari kandi JIFC (Joint Intelligence Fusion Center).


