Abanyamakuru bafunzwe bazira gushyira ku karubanda imbwiraruhame ya Perezida Tshisekedi hakiri kare

Sangiza iyi nkuru

Abanyamakuru batatu bakorera mu biro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2020 batawe muri yombi bazira gushyira ku karubanda ubutumwa bw’uyu Mukuru w’Igihugu igihe cyagenwe kitaragera.

Aba banyamakuru barimo Patrick Mukuy ndetse n’abafotozi babiri; Roger Diey na David Ekabani, bose bakorera Televiziyo y’igihugu, RTNC, ishami rishinzwe amakuru y’ibiro bya Perezida nk’uko Actualité.cd imaze kubitangaza.

Iyi mbwirwaruhame abanyamakuru bashinjwa gushyira ku karubanda tariki ya 22 Nyakanga, ijyanye n’ikurwaho ry’ibihe bidasanzwe muri RDC. Ni ijwi rifite uburebure bwa metero imwe, bashyize ku mbuga nkoranyambaga habura iminota mike ngo ritangazwe binyuze mu muyoboro n’igihe byagenwe.

Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yagiye mu bihe bidasanzwe kuva tariki ya 24 Werurwe 2020, ubwo byagaragaraga ko umubare w’abandura Covid-19 wazamukaga cyane. Kuba iki gihugu cyarasubiye mu bihe bisanzwe si uko imibare yagabanyutse ahubwo ni mu rwego rwo kuzamura ubukungu bwahungabanyijwe n’iki cyorezo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *