21int-afghan-deportees-new-zmlj-mobileMasterAt3x_copy_1000x704

Trump mu nzira zo kohereza muri RDC abanya-Afghanistan bafashije Amerika mu ntambara

Sangiza iyi nkuru

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump buri mu biganiro bishobora gusiga Abanya-Afghanistan bagera ku 1,100 bafashije ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntambara yo muri Afghanistan boherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibyo biganiro bije nyuma y’icyemezo cya Perezida Trump cyo guhagarika gahunda yahaga abanya-Afghanistan bafashije Amerika amahirwe yo gusaba kwimurirwa muri Amerika.

Iri tsinda ry’abantu barenga 1,000 bamaze umwaka muri Qatar, ririmo abasemuzi ndetse n’abagize imiryango y’abasirikare ba Amerika.

Ririmo kandi abana barenga 400.

Ikinyamakuru The New York Times kivuga go Amerika yakuye bariya bantu muri Afghanistan ibajyana muri Qatar kugira ngo ibarinde, kubera ko bari barafashije ibikorwa bya gisirikare bya Amerika mu gihugu cyabo kuri ubu kiyobowe n’Aba-Taliban nyuma y’uko ingabo za Amerika zivuyeyo.

Washington iratekereza kohereza bariya bantu muri RDC, mu gihe iki gihugu kiri mu bibazo bikomeye by’abimuwe n’intambara n’umutekano muke umaze imyaka myinshi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), rivuga ko abantu miliyoni 8.2 bari baramaze kuva mu byabo muri Nzeri 2025, yemwe biteganyijwe ko bazagera kuri miliyoni 9 mbere y’uko uyu mwaka urangira.

Shawn VanDiver uyobora umuryango AfghanEvac, yabwiye The Guardian ko yumvise amakuru y’uko Amerika izohereza bariya bantu muri Congo Kinshasa binyuze ku bantu bakorana cyangwa begereye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika.

VanDiver yavuze ko muri abo 1,100 bari muri Qatar, 900 bemerewe kwimurirwa muri Amerika, mu gihe abandi 200 batabyemerewe, Amerika ishobora kuganira n’ibindi bihugu bitari RDC kugira ngo babakire.

VanDiver kandi yavuze ko hagati ya 100 na 150 muri abo banya- afghan ari abagize imiryango y’abasirikare bakiri mu kazi, naho abarenga 700 bakaba abagore n’abana.

Yunzemo ko hari amahirwe y’uko ibyo biganiro byo kohereza aba bantu muri RDC bishobora kudashyirwa mu bikorwa, bikabasigira mu gihirahiro, bitewe n’uko bafashije ingabo za Amerika, gusubira muri Afghanistan bishobora kubaviramo urupfu.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, yavuze ko bakomeje gushaka ibisubizo byo kwimurira ku bushake aba banya-Afghanistan bari mu kigo cya Camp As-Sayliyah (CAS) muri Qatar, kandi ko kubajyana mu kindi gihugu bishobora kuba igisubizo cyiza ku mutekano wabo n’uwa Amerika.

Yongeyeho ko aba kuri ubu badafite inzira ifatika yo kujya muri Amerika.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika ivuga ko ihora ivugana n’abo bantu bari muri icyo kigo ku bijyanye n’uburyo bwo kubimura, ariko kubera uburemere bw’iki kibazo, ntibatangaza amakuru arambuye ku biganiro biri kuba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *