Gachagua-court

Kenya: Hatangiye ubujurire ku iyeguzwa ry’uwahoze ari visi perezida

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, umuyobozi w’ishyaka riharanira demokarasi (DCP) yageze mu nkiko, aherekejwe n’umugore we Dorcas Rigathi, abahungu be bombi n’itsinda ry’abanyamategeko be.

Biteganijwe ko iki kibazo kizaburanishwa imbere y’inteko y’abacamanza batatu barimo Erick Ogolla, Anthony Mrima, na Freda Mugambi, bitezweho ko bazatanga amabwiriza ku byifuzo byinshi bitegereje kandi bakumva impaka ku bujurire ku iyeguzwa rya Gachagua.

Muri urwo rukiko kandi hari abanyapolitiki benshi bakorana na Gachagua, bagiye kwifatanya na we muri uru rubanza rw’ubujurire ku iyeguzwa rye.

94d22240 0c3b 455f 8e04 cd20ccde423e

Ku itariki ya 17 Ukwakira 2024, nibwo Rigathi Gachagua yakuwe ku mwanya wa Visi Perezida wa Kenya. Sena yatoye gukomeza ibirego bitanu muri 11 yashinjwaga, birimo kurenga ku itegeko nshinga no gushishikariza amakimbirane ashingiye ku moko.

Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya mbere yaho ku itariki ya 8 Ukwakira 2024, yari yatoye kumukura ku mwanya we.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *