Mu rwego rwo guteza imbere no gusigasira ururimi n’umuco Nyarwanda, Ambasade y’u Rwanda muri Kenya yatangije gahunda yo kwigisha abana ururimi rw’Ikinyarwanda n’umuco.

Aya masomo azajya atangwa buri wa Gatandatu ku Biro bya Ambasade, aho abana bazajya biga kuvuga, gusoma no kwandika ururimi rw’Ikinyarwanda no kubyina Kinyarwanda.

Icyiciro cya mbere cy’ishuri ry’ururimi n’umuco kigizwe n’abana bafite hagati y’imyaka umunani na cumi n’ibiri cyatangiye amasomo kuwa Gatandatu, tariki 25 Mata 2026.

Ubuyobozi bwa Ambasade burashimira ababyeyi bandikishije abana babo muri iyi gahunda, ndetse by’umwihariko burashimira ababikira Mukamukiga Caritas na Karikwera Marie Claire ku bw’umusanzu wabo wo kwigisha abana.


