Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yitabiriye umukino wa mbere wa kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League i Paris, aho ikipe ya PSG yamamaza Visit Rwanda yatsinze Bayern Munich.

Muri uyu mukino wabereye kuri stade ya Parc des Princes i Paris, ikipe ya PSG yatwaye igikombe giheruka cya UEFA Champions League yatsinze ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage ibitego 5–4.

Ni umukino Perezida Paul Kagame yakurikiye yicaranye na Perezida wa Paris Saints Germain, Nasser Al-Khelaïf, wanamuhaye impano.



