Umutwe wa AFC/M23 uravuga ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Gicurasi zagabye igitero gikomeye mu gace ka Lumbishi ko muri Teritwari ya Kalehe mu ntara Kivu y’Amajyepfo.
Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko kiriya gitero cyagabwe hakoreshejwe drone yo mu bwoko bwa CH-4.
Yagize ati: “Kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Gicurasi, ingabo zihuje y’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye igitero gifite uburemere bukomeye mu gace gatuwe n’abaturage benshi ka Lumbishi no mu nkengero zako, muri Teritwari ya Kalehe.”
Yakomeje agira ati: “Iki gitero cyagabwe hakoreshejwe drone y’intambara yo mu bwoko bwa CH-4, cyangije byinshi kinahatira abaturage benshi b’abasivile kuva mu byabo.”
Nyuma y’iki gitero AFC/M23 yamenyesheje abaturage ko iri ku ruhande rwabo, yizeza ko igomba gukora ibishoboka byose ikabarinda ndetse ikanabarwanaho.
Iki gitero cyagabwe mu ma saa 15:45 z’igicamunsi, kirakurikira imirwano yiriwe isakiranya AFC/M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Leta.
Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko iyi mirwano yiriwe yahagaritse urujya n’uruza hagati y’uduce twa Minova na Numbi.


