20260509_081453

Amerika yamaganye igitero drone za FARDC zagabye i Mushaki 

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye igitero cya za drone cyagabwe mu gace ka Mushaki ho muri Teritwari ya Masisi, zisaba “impande zose” gutanga agahenge no kubahiriza ibyo ziyemeje.

Ku wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi ni bwo i Mushaki hagabwe ibitero bya drone byasize bikomerekeje abaturage benshi binasenya amazu yabo.

Umutwe wa AFC/M23 biciye muri Lawrence Kanyuka uwuvugira, washinje ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa kuba ari zo ziri inyuma ya biriya bitero, unavuga ko byasize hari abaturage bapfuye.

Amashusho uyu mutwe washyize hanze yerekana abaturage bakomerekejwe na biriya bitero barimo kuvurwa n’abaganga.

Amerika biciye mu Ishami ryayo rishinzwe ububanyi na Afurika, yamaganye biriya bitero cyo kimwe n’ubwicanyi ivuga ko bwabereye hafi y’umujyi wa Uvira ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Yagize iti: “Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziramagana igitero cya drone cyagabwe i Mushaki muri Kivu y’Amajyaruguru uyu munsi, ndetse n’ubwicanyi bwo hafi ya Uvira muri Kivu y’Amajyepfo. Impande zose zigomba gutanga agahenge ko mu rwego rwo hejuru, zigashyira mu bikorwa ibyo guhagarika imirwano ziyemeje, zikarinda abasivile kandi zigashyira imbere ibiganiro no gucubya umwuka mubi.”

Washington icyakora yirinze kwerura ngo yemeze ko Leta ya Congo Kinshasa ari yo iri inyuma ya biriya bitero.

Nyuma y’ubu butumwa abenshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga banenze Amerika, bagaragaza ko bitumvikana uko isaba impande zose gutanga agahenge nyamara hari urukomeje guhohotera urundi.

Igitero cy’i Mushaki kiriyongera ku bindi byinshi ingabo za Kinshasa zimaze iminsi zigaba mu bice bitandukanye bya Kivu zombi, zikoresheje za drone n’imbunda ziremereye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *