149

Kenya: Urukiko rwitambitse umugambi wo kwakira Abanyamerika bakekwaho kwandura Ebola

Sangiza iyi nkuru

Urukiko mu gihugu cya Kenya rwitambitse gahunda yari gutangira kuri uyu wa Gatanu yo gushinga muri iki gihugu ikigo cyo gushyira mu kato Abanyamerika bakekwaho cyangwa banduye Ebola, nyuma y’ikirego cyatanzwe n’ikigo Katiba Institute.

Urukiko Rukuru rwa Nairobi rwategetse kubuza abakozi ba leta gushinga cyangwa gukorera icyo kigo cy’akato ndetse no kwakirira muri Kenya abantu bakekwaho Ebola, mu gihe bikiri mu manza.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirateganya kubaka ikigo cy’ubuvuzi cy’ibitanda nibura 50 cyo kwita ku Banyamerika bageze ahantu hari Ebola mu karere, mu masezerano bumvikanyeho na Leta ya Kenya.

Leta ya Kenya ntacyo iravuga ku bijyanye n’uyu mwanzuro w’urukiko nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga.

Ni nyuma y’uko Umunyamabanga wa leta ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika, Marco Rubio, avuze ko ku wa Kane yavuganye na Perezida William Ruto wa Kenya, ku bijyanye n’icyorezo cya Ebola n’ubufatanye hagati ya Amerika na Kenya mu guhangana n’icyo cyorezo.

Rubio yavuze ko Washington iteganya guha Nairobi miliyoni 13.5 z’amadolari mu bikorwa bya Kenya byo kwitegura guhangana na Ebola.

Rubio, ntabwo yavuze kuri uwo mugambi wo gushinga ikigo cyo kwita ku banyamerika bakekwaho Ebola muri Kenya.

Kuri uyu wa Gatatu ushize, Marco Rubio, nabwo yagize ati: “Ntidushobora kandi ntituzemera ko hagira ikibazo na kimwe cya Ebola cyinjira muri Amerika.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *