Ingabo z’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri ushize zakiriye ku cyicaro gikuru, Kimihurura, itsinda rigizwe n’abanyeshuri 23 bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Buhinde, mu rwego rw’uruzinduko rw’amasomo bari kugirira mu Rwanda kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 6 Kamena 2026.

Iri tsinda ryahawe ikiganiro kirambuye ku rugendo rwa RDF rwo kwiyubaka no gukora kinyamwuga, ndetse n’uruhare rwayo mu kubungabunga amahoro n’umutekano mu karere.

Iki kiganiro cyagaragaje iterambere ry’inzego za RDF, imbaraga yashyize mu kubaka ubunyamwuga, ndetse n’uruhare mu bikorwa byo gushyigikira amahoro no guteza imbere umutekano mu karere.





