758613

RDC: Inyeshyamba za ADF zongeye kwivugana abasivili 16 muri Mbau

Sangiza iyi nkuru

Sheferi ya Mbau, iherereye muri Teritwari ya Beni, mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa RDC, yibasiwe n’ikindi gitero cy’abarwanyi ba Allied Democratic Force (ADF) mu ijoro ryo ku wa Kabiri, rishyira kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 3 Kamena. Nibura abasivili 16 baguye muri icyo gitero.

Abahohotewe batunguwe, bamwe bari ku kiriyo, abandi bari mu ngo zabo. Ubuhamya bwa mbere bw’abarokotse bavuganye na ACTUALITE.CD mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, avuga ko inyeshyamba za ADF zagabye ibitero icya rimwe mu matsinda atatu atandukanye.

“Mu duce twa Matete, Kithoho, na Mamuli, ADF yatwitse amazu na moto. Umwe mu barokotse yagize ati: “Umubare w’abapfuye w’agateganyo ni 16, naho 5 baburiwe irengero. Abateye bagabye igitero ahantu hatatu icyarimwe.”

Mu bahitanywe n’ubwo bwicanyi, bwongeye gushyira ako karere mu cyunamo, harimo umushumba wo mu Itorero rya Kimbanguist, umugore we n’umukobwa wabo, bose bishwe.

Abaturage babajijwe i Mbau bavuga ko abagore babiri b’abapolisi, uruhinja, ndetse n’abanyeshuri babiri na bo bishwe bunyamaswa.

Igitero cyagabwe kuri Mbau kije nyuma y’igitero cyagabwe mu mujyi wa Beni na Vemba, umujyi bituranye, hakicwa nibura abantu 21.

Mu ntera itarenze kilometero 20, ADF kandi yari iherutse kuhicira abasivili 40, bitera uburakari n’umujinya mu baturage batuye muri Beni.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *