Ihuriro AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma, ryatangaje ko umurwayi wa mbere wari wanduye icyorezo cya Ebola muri uriya mujyi yamaze gukira ndetse agasezererwa mu bitaro.
Amakuru y’uko uwo murwayi w’umugore yakoze yemeje na Visi-Perezida wa AFC, Dr. Freddy Kaniki, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X.
Dr. Kaniki mu minsi ishize wagizwe umuhuzabikorwa w’itsinda rishinzwe guhangana n’icyorezo cya Ebola mu bice byo mu Burasirazuba bwa RDC bigenzurwa na AFC/M23, yavuze ko uwo murwayi yasubiye mu muryango we afite ubuzima bwiza nyuma yo kuvurwa.
Yashimiye abaganga, abakozi b’ubuzima n’abafatanyabikorwa bagize uruhare muri iki gikorwa, avuga ko ari intambwe ikomeye yerekana ko abarwayi ba Ebola bashobora gukira iyo bavuwe kandi bagakurikiranwa neza.
Kaniki yasabye abaturage gukomeza gukorana n’inzego z’ubuzima, gutanga amakuru ku bantu bakekwaho kuba barahuye n’abanduye ndetse no gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.
Yunzemo ati: “Icyizere kirahari, Ebola iravurwa kandi igakira,” mbere yo gusaba abaturage gukomeza kuba maso no kwirinda ivangura rikorerwa abarwayi cyangwa abahuye n’iki cyorezo.
Icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri RDC muri Gicurasi 2026, aho Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko cyatewe n’ubwoko bwa Bundibugyo virus kandi cyakwirakwiriye mu ntara zirimo Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Kugeza ku wa 3 Kamena 2026, RDC yari ifite abarwayi 344 ba Ebola bemejwe, muri bo 60 bamaze gupfa na ho abantu batandatu bakaba barakize.
Gukira k’umurwayi wa mbere i Goma bifatwa nk’inkuru nziza mu gihe inzego z’ubuzima zikomeje guhangana n’iki cyorezo no gushishikariza abaturage kugira uruhare mu kukirwanya.


